Abapolisi bo mu Bufaransa bajugunye amapingu, bajya mu mihanda mu murwa mukuru Paris bamagana abavuga ko nta tandukaniro ry’igipolisi cy’u Bufaransa n’icy’abo muri Leta ya Minnesota muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ku kijyanye n’irondaruhu.
Aba bapolisi bazabiranyijwe n’agahinda ejo ku wa Gatanu bikwiza imihanda batwaye imodoka zigenda ku murongo zimanuka mu gace karimo inyubako y’ibiro bya perezida bya Champs-ÉlysĂ©es rwagati mu murwa mukuru Paris ari na ko bavuza urusaku rw’amahoni.
Nyuma y’aho Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Christophe Castaner aciye uburyo bwo gufata mu ijosi abakekwaho ibyaha mu gihe bambikwa amapingu,abapolisi ntibishimiye iki cyemezo uyu mutegetsi yafashe kuwa Mbere nyuma y’imyigaragambyo yakurikiye urupfu rw’umwirabura George Floyd.
Uyu mwanzuro Minisitiri Castaner yawufashe nyuma y’imyigaragambyo yari iri muri iki gihugu ikorwa n’abashinja igipolisi gukoresha uburyo nk’ubwa Polisi ya Minneapolis mu gufata abimukira biganjemo abirabura.
Abigaragambya mu Bufaransa batijwe umurindi n’imyigaragambyo yari ikaze muri Leta zitandukanye za Amerika na bo baboneraho kwibuka TraorĂ©, Umufaransa ukomoka muri Afurika wapfiriye mu gikorwa cya polisi muri 2016 afite imyaka 24 y’amavuko.
Kubera imyigaragambyo y’impirimbanyi zirwanya irondaruhu iteganyijwe kuwa Gatandatu, Polisi y’i Paris yaburiye abantu ko amaduka n’ibindi bikorwa by’ubucuruzi muri ako gace bikwiye gufunga ndetse bagapfuka amadirishya byo kuyarinda kuko hashobora kongera kubaho ubushyamirane.
Abapolisi kuva kuwa Kane bakomeje imyigaragambyo yo kujugunya amapingu mu mijyi itandukanye nka Paris, Lille, Rennes, Bordeaux, Toulouse n’ahandi.


