Rusizi na Rusumo hagaragaye abandi bantu 31 banduye Covid-19

img-20200613-wa0033.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 13 Kamena 2020 yatangaje ko muri Rusizi na Rusumo hagaragaye abantu 31 banduye icyorezo cya Covid-19 mu bipimo 2043 byafashwe. Abakize iki cyorezo bageze kuri 332 barimo 11 b’uyu munsi. Abarwayi bashya bagaragaye muri Rusizi, abandi ni Abanyarwanda batashye. Bashyizwe mu kato n’abo bahuye bakurikiranwe. Muri rusange abamaze […]

U Bufaransa: Abapolisi bajugunye amapingu bamagana irondaruhu bavugwaho

Abapolisi bo mu Bufaransa bajugunye amapingu, bajya mu mihanda mu murwa mukuru Paris bamagana abavuga ko nta tandukaniro ry’igipolisi cy’u Bufaransa n’icy’abo muri Leta ya Minnesota muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ku kijyanye n’irondaruhu. Aba bapolisi bazabiranyijwe n’agahinda ejo ku wa Gatanu bikwiza imihanda batwaye imodoka zigenda ku murongo zimanuka mu gace karimo inyubako y’ibiro […]

Rusizi: Abantu 60 bamaze gufatwa bagerageza kujya muri RDC bitemewe

Mu cyumweru kimwe, abantu 60 bamaze gufatirwa mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi bagerageza kujya mu mujyi wa Bukavu mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo yo muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo baciye mu nzira zitemewe. Aya makuru yemejwe na Radio Rusizi kuri uyu wa 13 Kamena 2020. Aba bantu bagerageje kujya muri RDC […]

RIB yasatse urugo rwa Victoire Ingabire Umuhoza

Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwasatse urugo rwa Mme Ingabire Victoire Umuhoza, nyuma y’ipereza uru rwego rumaze iminsi rumukoraho. Umuvugizi wa RIB, Mme Mari Michelle Umuhoza, yemereye umunyamakuru Edmund Kagire wa KT Press ko basatse uru rugo. Ati: “Biri mu bigize iperereza rikomeje kumukorwaho ku byaha akekwaho byo gukorana n’imitwe y’iterabwoba.” Umuvugizi wa RIB kandi yavuze […]

Abashinwa 400 batizera ubushobozi bwa Kenya mu guhangana na Covid-19 bagiye gusubira iwabo

Abashinwa 400 basabye Guverinoma ya Kenya uburenganzira bwo gusubira iwabo kubera ko batizeye urwego rw’ubuvuzi rwaho rwashobora guhangana n’icyorezo cya Covid-19 kiri gufata indi ntera. Aba Bashinwa bifashishije umunyamategeko Isaac Okinyo, bagiye gusaba uruhusha rwihariye mu Rukiko Rukuru rwa Kenya. Mu mpamvu bitwaje nk’uko Okinyo abivuga harimo ko “bafite amahirwe yo kwitabwaho neza mu gihe […]

Uko Intwaro Col Bagosora yaguriye abajenosideri zagejejwe mu Rwanda zinyujijwe i Goma

Bitewe nuko Guverinoma ya Kambanda yakoraga Jenoside, Inama y’Umuryango w’Abibumbye Ishinzwe Amahoro ku Isi yafashe icyemezo Numero 997 cyo ku wa 17/5/1994 cyo kuyikorera icyitwa « embargo » ni ukuvuga icyemezo kibuza ibihugu byose kongera kuyiha intwaro cyangwa kuyemerera kugura intwaro. Bimwe mu bihugu ntibyubahirije icyo cyemezo. Guverinoma ya Kambanda na yo yakoresheje amayeri yo […]

Al Shabaab yafunguye ikigo kivurirwamo abanduye Covid-19

Umutwe w’iterabwoba wa Al Shabaab ugendera ku mahame akomeye y’idini ya Islam, watangaje ko wafunguye ikigo kivurirwamo icyorezo cya Covid-19 mu gihugu cya Somalia aho ufite ibirindiro. Uyu mutwe ubinyujije kuri radiyo yawo yitwa Andalus, watangaje ko washinze icyo kigo kubera ibibazo bikomeye Coronavirus ikomeje guteza. Al Shabaab yagize iti: “Komisiyo ishinzwe kuvura no kurwanya […]

Cameroon: Abajura 18 bakubitishijwe inkuba y’indogano ubwo bagabanaga ibyo bibye

Abajura bageze kuri 18 bapfuye bakubiswe n’inkuba ubwo bagabaniraga ibyo bibye mu ishyamba rya Choncha riherereye mu ntara ya Adamawa ho mu gihugu cya Cameroon. Umuyobozi ushinzwe ihanahanamakuru mu gipolisi DSP Suleiman Yahya, yemereye Leadership.ng dukesha iyi nkuru iby’aya makuru, avuga ko aba bajura baguye ku butaka bwa Cameron hafi n’umupaka wa Nigeria. Yagize ati: […]

Ibendera ry’u Rwanda na EAC ari mu gihugu arururutswa kugeza hagati mu kunamira Pierre Nkurunziza

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yategetse ko guhera kuri uyu wa 13 Kamena 2020 ibendera ry’u Rwanda n’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba ari muri iki gihugu yururutswa kugeza hagati, mu rwego rwo kunamira Pierre Nkurunziza wari Perezida w’u Burundi. Nk’uko itangazo ryaturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe ribivuga, aya mabendera azakomeza kuguma hagati kugeza ubwo […]

Polisi yabujije abadepite kwinjira mu Nteko ngo bakore amatora

Leta ya Congo kuri uyu wa Gatanu, yashyize igipolisi ku nzu y’Ingoro y’Inteko Nshingamategeko ngo kibuze abadepite kwinjira bifuzaga gutora itegeko rikuraho Visi Perezida wa mbere. Igipolisi cyabyinjiyemo ngo gihagarike ndetse himurwe aya matora y’abadepite yaragamije gusimbuza Visi Perezida wa Mbere Marc Kabund. Mu gitondo cyo kuwa 12 Kamena 2020, Nta mudepite wari wemerewe kwinjira […]

Imitwe irwanya ubutegetsi bw’u Rwanda yarashegeshwe- Raporo nshya ya Loni

Bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba CNRD bagiye boherezwa mu Rwanda

Akanama k’umutekano k’Umuryango w’Abibumbye tariki ya 2 Kamena 2020 kashyize ahagaragara raporo igaragaza imibereho y’imitwe yitwaje intwaro iri muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, ikaba yerekana ko imwe mu mitwe irwanya ubutegetsi bw’u Rwanda yashegeshwe na Operasiyo za FARDC. Iyi raporo ishingiye ku bushakashatsi bwakoze n’itsinda ry’impuguke zo muri RDC hifashishijwe ibiganiro zagiranye n’abahoze ari […]