RIB yasatse urugo rwa Victoire Ingabire Umuhoza

Sangiza iyi nkuru

Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwasatse urugo rwa Mme Ingabire Victoire Umuhoza, nyuma y’ipereza uru rwego rumaze iminsi rumukoraho.

Umuvugizi wa RIB, Mme Mari Michelle Umuhoza, yemereye umunyamakuru Edmund Kagire wa KT Press ko basatse uru rugo. Ati: “Biri mu bigize iperereza rikomeje kumukorwaho ku byaha akekwaho byo gukorana n’imitwe y’iterabwoba.”

Umuvugizi wa RIB kandi yavuze ko urugo rwa Ingabire rwasatswe nyuma y’amakuru yatanzwe n’uwitwa Munyabugingo Gaston uheruka gutabwa muri yombi agerageza kujya hanze y’igihugu.

Ubwo RIB yari igisaka urugo rwa Ingabire Victoire, uyu muvugizi yagize ati: “Ni byo turimo gusaka mu rugo rwe dushingiye ku makuru yatanzwe n’uwitwa Munyabugingo Gaston, watawe muri yombi agerageza guhunga igihugu. Yahishuye byinshi mu gihe cy’ibazwa, birimo Ingabire n’abandi bantu benshi”

Umuhoza yunzemo agira ati: “Nk’uko ushobora kuba ubizi, yari amaze igihe akorwaho iperereza, hanyuma gusaka mu rugo rwe biri mu birigize. Rimwe na rimwe gusaka mu rugo rw’umuntu bikorwa mu gihe cy’iperereza nk’iryo turimo riri gukorwa. Hari abandi benshi babirimo.”

Magingo aya ntiharamenyekana niba hari ibyo RIB yaba yafatiye mu rugo rwa Mme Ingabire Victoire Umuhoza.

Ingabire yaherukaga gutangaza ko avuye kwitaba urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha, ku kibazo cy’uwitwa Abayisenga Venant wabaga iwe mu rugo avuga ko amaze iminsi yaburiwe irengero.

Victoire Ingabire abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter mu minsi itandatu ishize, yavuze ko Abayisenga wabaga iwe mu rugo kuva yafungurwa mu kwezi kwa mbere, yatawe muri yombi ku wa gatanu w’icyumweru gishize, ubwo yari asohotse agiye kugura unitĂ©s zo gushyira muri terefoni bikarangira atagarutse.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. RIB yasatse urugo rwa Victoire Ingabire Umuhoza
    Nasakwe n’ibigaragara Ari inyangarwanda abihanirwe nta mpuhwe.

  2. RIB yasatse urugo rwa Victoire Ingabire Umuhoza
    Nasakwe n’ibigaragara Ari inyangarwanda abihanirwe nta mpuhwe.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *