Al Shabaab yafunguye ikigo kivurirwamo abanduye Covid-19

Sangiza iyi nkuru

Umutwe w’iterabwoba wa Al Shabaab ugendera ku mahame akomeye y’idini ya Islam, watangaje ko wafunguye ikigo kivurirwamo icyorezo cya Covid-19 mu gihugu cya Somalia aho ufite ibirindiro.

Uyu mutwe ubinyujije kuri radiyo yawo yitwa Andalus, watangaje ko washinze icyo kigo kubera ibibazo bikomeye Coronavirus ikomeje guteza.

Al Shabaab yagize iti: “Komisiyo ishinzwe kuvura no kurwanya Coronavirs muri Al Shabaab yafunguye ikigo kivurirwamo Covid-19. Imiryango mpuzamahanga yita ku buzima iravuga ko Coronavirus iri gukwirakwira cyane muri Afurika.”

Al Shabaab yavuze ko icyo kigo cyayo kiri ahitwa Jilib, ku ntera ya kilometero 380 ugana mu majyepfo y’umurwa mukuru Mogadishu.

Mu mashusho yakwirakwijwe n’uriya mutwe, hagaragaramo umugabo wiyita Sheikh Mohamed Bali, ushimira Al Shabaab kuba yashize kiriya kigo ndetse agasaba uwo ari we wese wumva afite ibimenyetso bya Covid-19 kukigana kikamufasha.

Mohamed Bali Ati: “Turashimira ubuyobozi (bwa Al Shabaab) bwashinze iki kigo, tugasaba abantu kudahisha uburwayi bwabo mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya Virusi, abantu bagomba kugana iki kigo.”

Undi muntu utivuze amazina yunzemo avuga ko kiriya kigo cya Al Shabaab gifite ibya ngombwa nkenerwa mu butabazi, nk’imodoka zo gutwara abarwayi ba Coronavirus bazajya bakiyambaza.

Hashize imyaka irenga 10 umutwe wa Al Shabaab urwanya Leta ya Somalia, ku buryo wanashyizeho Guverinoma yawo igendera ku mahame akomeye y’idini ya Isilamu.

Mu myaka umaze ushinzwe, wumvikanye kenshi ugaba ibitero by’ubwiyahuzi byagiye bihitana ubuzima bwa benshi, biganjemo abasivili, abasirikare ba Somalia ndetse n’ibihugu bituranye na yo. Ni ibitero byagiye bigabwa mu masoko, ama hoteli, amashuri n’ahandi hantu hatandukanye hahurira abantu benshi.

Soma Izindi Nkuru

6 Responses

  1. Al Shabaab yafunguye ikigo kivurirwamo abanduye Covid-19
    Imitwe y’abaslamu irwana cyangwa yica abantu ni myinshi cyane ku isi.Hari Al Shabab,Al Aqmi,ISIS,Al Qaeda,Hezbollah,Boko Haram,Hamas,Islamic Jihad,Taliban,Katiba Masina,etc…Yose ivuga ko “irwanira Imana”.Ngo ni Intambara ntagatifu (JIHAD).Nyamara Imana itubuza kurwana no kwica,ikavuga ko yanga abantu bose bamena amaraso y’abandi nkuko Zaburi 5,umurongo wa 6 havuga.Kandi ko abantu bose bicana cyangwa barwana izabarimbura ku munsi wa nyuma nkuko Matayo 26,umurongo wa 52 havuga.Hazarokoka abantu bumvira Imana gusa.Ariko si Abaslamu gusa barwana.Kuva na kera,amadini menshi ashoza intambara,avuga ko akorera Imana.Muribuka za Crusades z’Abakristu barwana n’Abaslamu zahitanye abantu batabarika.

  2. Al Shabaab yafunguye ikigo kivurirwamo abanduye Covid-19
    Imitwe y’abaslamu irwana cyangwa yica abantu ni myinshi cyane ku isi.Hari Al Shabab,Al Aqmi,ISIS,Al Qaeda,Hezbollah,Boko Haram,Hamas,Islamic Jihad,Taliban,Katiba Masina,etc…Yose ivuga ko “irwanira Imana”.Ngo ni Intambara ntagatifu (JIHAD).Nyamara Imana itubuza kurwana no kwica,ikavuga ko yanga abantu bose bamena amaraso y’abandi nkuko Zaburi 5,umurongo wa 6 havuga.Kandi ko abantu bose bicana cyangwa barwana izabarimbura ku munsi wa nyuma nkuko Matayo 26,umurongo wa 52 havuga.Hazarokoka abantu bumvira Imana gusa.Ariko si Abaslamu gusa barwana.Kuva na kera,amadini menshi ashoza intambara,avuga ko akorera Imana.Muribuka za Crusades z’Abakristu barwana n’Abaslamu zahitanye abantu batabarika.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *