U Bufaransa bubona ingabo za EAC zikwiye gukorana n’iza MONUSCO mu kurwanya inyeshyamba

Sangiza iyi nkuru

Guverinoma y’u Bufaransa ibona ingabo z’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) zishobora kuzoherezwa mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) kurwanya imitwe yitwaje intwaro, zikwiye kuzakorana n’iziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye, MONUSCO.

Ni igitekerezo cyatanzwe na Nicolas de Rivière uhagarariye guverinoma y’u Bufaransa mu Muryango w’Abibumbye ku wa 31 Gicurasi 2022 ubwo yari yitabiriye inama y’akanama k’umutekano yigaga ku mutekano muke wo muri RDC.

Tariki ya 21 Mata 2022, abakuru b’ibihugu bigize EAC bateraniye i Nairobi muri Kenya, mu byemezo bafashe bategeka imitwe yitwaje intwaro ikorera muri RDC kuzirambika, ikajya mu biganiro na Leta.

Aba bakuru b’ibihugu bamenyesheje imitwe itarambika intwaro ko ibihugu bya EAC bigiye guhuriza hamwe ingabo zigize umutwe uzoherezwa muri RDC kuyirwanya.

Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, ubwo yari avuye muri iyi nama, yamenyesheje abanyamakuru bakorera mu gihugu cye ko ingabo z’uyu muryango zishobora koherezwa mu burasirazuba bwa RDC nyuma y’ukwezi iyi nama ibaye.

Kuri izi ngabo, Nicolas yagize ati: “Umutwe w’ingabo z’akarere ushobora kuremwa uzakenera gukorana mu buryo bunoze kandi ugahuza ibikorwa na MONUSCO.”

MONUSCO yabanje kwitwa MONUC imaze imyaka hafi 23 mu burasirazuba bwa RDC.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. U Bufaransa bubona ingabo za EAC zikwiye gukorana n’iza MONUSCO mu kurwanya inyeshyamba
    Monusco se ifite iki cyatuma yisungwa ,just corrupted kugirango imenye amakuru imenyeshe ba shebuja nimitwe ishyigikiye?EAC force izamenye ubwenge rwose gufatanya na Monusco=fails(iyindi myaka 23), Gufatanya na Monusco=kwitirirwa amakosa yayo bakwiye kwitonda rwose

  2. U Bufaransa bubona ingabo za EAC zikwiye gukorana n’iza MONUSCO mu kurwanya inyeshyamba
    Monusco se ifite iki cyatuma yisungwa ,just corrupted kugirango imenye amakuru imenyeshe ba shebuja nimitwe ishyigikiye?EAC force izamenye ubwenge rwose gufatanya na Monusco=fails(iyindi myaka 23), Gufatanya na Monusco=kwitirirwa amakosa yayo bakwiye kwitonda rwose

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *