U Bufaransa bwahanishije Google ihazabu y’amadolari miliyoni 268 kubera kwikubira isoko ryo kwamamaza nyuma y’ikirego cy’amasosiyete atatu y’itangazamakuru yitwa News Corp, Figaro na Rossel.
Ibi bigo by’itangazamakuru byashinje Google kubizibira amayira kandi umutungo wabyo munini uturuka mu iyamamaza, ahubwo igakoresha serivise zabyo bwite mu rwego rwo kwamamaza ibicuruzwa ku ikoranabuhanga.
Ikigo cya leta cy’u Bufaransa gishinzwe kugenzura ipiganwa mu bucuruzi cyatangaje ko Google idahakana ibyo iregwa. Iki kigo na Google bumvikanye ku ihazabu cyayihanishije.
Bityo, nk’uko iyi nkuru dukesha VOA ikomeza ivuga, Google izishyura vuba nta ngorane, bitarinze gukururana mu nkiko.
Umuyobozi mukuru w’iki kigo, madame Isabelle de Silva, yatangaje ko ihazabu y’amayero miliyoni 220, angana n’amadolari miliyoni 268, atari menshi ku gihangange Google ikize cyane.
Gusa, yagize ati: “Ni urubanza rw’akataraboneka rwa mbere mu mateka ku kibazo cy’ipiganwa mu rwego rwo kwamamaza ibicuruzwa ku ikoranabuhanga.”
Ku ruhande rwayo, Google yatangaje ko igiye guhindura imikorere yayo kugirango idakomeza kwikubira isoko ryo kwamamaza.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


