Umuntu ukekwaho kugira uruhare mu iyicwa ry’umunyamakuru Jamal Khashoggi mu 2018 yatawe muri yombi kuri uyu wa Kabiri ushize afatiwe mu Bufaransa nk’uko byatangajwe n’umwe mu bayobozi b’ubucamanza bw’iki gihugu cyo mu Burayi.
Uyu muyobozi yavuze ko ukekwa yatawe muri yombi hagendewe ku mpapuro zo kumuta muri yombi zatanzwe na Turkiya (Igihugu Kahshoggi yiciwemo ubwo yajyaga muri Ambasade ya Arabia Saoudite ntiyongere gusohokamo ari muzima).
Nk’uko byatangajwe na Radio RTL yo mu Bufaransa, uyu mugabo ukomoka muri Arabia Saoudite, Khalid Aedh al-Otaibi, yafatiwe ku kibga cy’indege cya Roissy Charles de Gaulle , hafi ya Paris, ubwo yendaga kurira indege yerekeza i Riyad.
Bivugwa ko Al-Otaibi ari umwe mu bakozi ba Arabia Saoudite basaga 10 bafatiwe ibihano na Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma y’iyicwa rya Khashoggi no gucagaguramo ibice umurambo we bikorewe muri Ambasade ya Arabia Saoudite muri Istanbul mu 2018.
Yavuzwe kandi muri raporo y’inzego z’ubutasi za Amerika yavugaga ko igikomangoma cyo muri Arabia Saoudite, Mohammed bin Salman “yemeye” icyo gikorwa cyahitanye Khashoggi. Raporo ariko yakoresheje ubundi buryo mu kuvuga izina rye.
Ambasade ya Arabia Saoudite i Paris yavuze ko uyu mugabo watawe muri yombi “ntaho ahuriye n’iyo dosiye ya Khashoggi” avuga ko ambasade iteganya ko arekurwa bidatinze.
Yagaragaje ko Arabia Saoudite yaburanishije abakoze ubwo bwicanyi, nubwo byabereye mu muhezo ndetse ibihano byatanzwe bikaba byaranenzwe n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ndetse n’abandi bantu bavuga ko uru rubanza rutagaragaje umuntu watanze amabwiriza yo kwica Khashoggi cyangwa uwari uyoboye igikorwa cyo kumwica.


