Umutoza Didier Deschamps w’Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa, Les Bleus, yamaze guhamagara abakinnyi 25 azitabaza mu mikino y’Igikombe cy’Isi cya 2022 batarimo Paul Pogba na N’golo Kanté.
Ni imikino kuri ubu ibura iminsi 10 igatangira mu mijyi itandukanye y’igihugu cya Qatar.
U Bufaransa bufite Igikombe cy’Isi giheruka gukinirwa mu Burusiya, kuri ubu buherereye mu itsinda rya kane busangiye n’amakipe y’ibihugu ya Australia, Denmark na Tunisia.
Ni itsinda buhabwa amahirwe yo kuyobora, n’ubwo nanone hari abashidikanya ku bushobozi bw’abakinnyi babwo bazaba bakina hagati mu kibuga.
Ni nyuma y’uko iyi kipe yitabiriye Igikombe cy’Isi cyo muri Qatar idafite N’golo Kanté, Paul Pogba na Blaise Matuidi bose yagenderagaho hagati mu kibuga ubwo yatwaraga Igikombe cy’Isi cya 2018. Pogba na Kanté bombi bamaze igihe baravunitse, mu gihe Blaise Matuidi atigeze ahamagarwa n’umutoza Deschamps.
Urutonde rw’abakinnyi 25 u Bufaransa bwahamagaye
Abanyezamu
GOALKEEPERS:
Alphonse Aréola (West Ham United)
Hugo Lloris (Tottenham)
Steve Mandanda (Rennes)
Ba myugariro
Lucas Hernandez (Bayern Münich)
Théo Hernandez (AC Milan)
Presnel Kimpembe (PSG)
Ibrahima Konaté (Liverpool)
Jules Koundé (FC Barcelona)
Benjamin Pavard
William Saliba (Arsenal)
Dayot Upamecano (Bayern Munich)
Rafael VARANE (Manchester United)
Abakina hagati
Youssouf Fofana (AS Monaco)
Eduardo Camavinga (Real Madrid)
Mattéo Guendouzi (Marseille)
Adrien Rabiot (Juventus)
Aurélien Tchouaméni (Real Madrid)
Jordan Veretout (Marseille)
Ba rutahizamu
Karim Benzema (Real Madrid)
Kingsley Coman (Bayern Münich)
Ousmane Dembélé (FC Barcelona)
Antoine Griezmann (Atlético Madrid)
Olivier Giroud (AC Milan)
Kylian Mbappé (PSG)
Christopher Nkunku (RB Leipzig).
U Bufaransa buzakina umukino wa mbere w’Igikombe cy’Isi buhura na Australia ku wa 22 Ugushyingo, bukurikizeho Denmark ku wa 26 Ugushyingo mbere yo gusoza imikino y’itsinda ku wa 30 Ugushyingo bukina na Tunisia.


