U Bufaransa- Minisitiri w'Intebe Barnier ashobora kweguzwa nyuma y'amezi 3 ashyizweho

U Bufaransa: Minisitiri w’Intebe Barnier ashobora kweguzwa nyuma y’amezi 3 ashyizweho

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatatu, Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa, Michel Barnier, ashobora kwirukanwa mu matora yo kumutera icyizere, nyuma y’amezi atatu gusa ashyizweho ngo ayobore Guverinoma na Perezida Emmanuel Macron.

Amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi yatanze icyifuzo nyuma y’uko uwahoze mu bari mu biganiro bya Brexit ngo yaba yarakoresheje imbaraga zidasanzwe kugira ngo akoreshe ingengo y’imari ye nta matora abaye.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri ushize, itariki ya 3 Ukuboza 2024, Barnier yireguye kuri televiziyo y’u Bufaransa avuga ko ashobora kurokoka amatora yo kuri uyu wa Gatatu nk’uko iyi nkuru dukesha Euronews ivuga.

Ariko biteganijwe ko amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi ashobora guhuza imbaraga kugira ngo amukureho, bikazamura ihungabana rya politiki ryugarije u Bufaransa kuva amatora yo mu mpeshyi aciyemo ibice inteko ishinga amategeko bikongera igitutu kuri Macron.

Barnier aganira na televiziyo yo mu Bufaransa, yanze igitekerezo cy’uko Perezida Emmanuel Macron agomba kwegura kugira ngo akemure ikibazo kiri mu gihugu muri iki gihe, avuga ko akenewe ngo igihugu kitazamo akajagari.

Barnier yavuze kandi ko yiteguye kuganira ku ngengo y’imari n’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi nubwo byavuzwe cyane ko atakaza amajwi, kandi ko yashakaga kwitandukanya n’u Bufaransa bukomeje guhungabana muri politiki, avuga ko nta makosa afitemo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *