U Buhinde: Indi sake yishe shebuja, itabwa muri yombi

Sangiza iyi nkuru

Isake yari yambitswe ibyuma ngo ijye mu mirwano na ngenzi zayo, yiciye shebuja mu gace ka Lothunur kari muri Leta ya Telangana mu Buhinde, Polisi y’igihugu iyita muri yombi.

Amakuru dukesha BBC avuga ko iyi sake yahungaga iyi mirwano, shebuja wageragezaga kuyifata yamuteye icyuma gifite uburebure bwa santimetero 7 hafi mu rukenyerero, avirirana amaraso kugeza ubwo amubanye make.

Polisi y’iki gihugu yemeza ko yataye muri yombi iyi sake yari imaze gukomeretsa shebuja wapfiriye mu nzira ajyanwa mu bitaro, iyifungira muri sitasiyo yayo, gusa nyuma yimurirwa ahasanzwe hororerwa inkoko.

Abateguye uyu mukino bagera muri 15 bari gushakishwa, kugira ngo bagezwe imbere y’ubutabera, bakurikiranweho icyaha cyo kwica.

Biteganyijwe mu gihe bazaba bari mu rukiko, iyi sake izajyanwayo, yifashishwe nk’ikimenyetso kibashinja icyaha.

Uyu mugabo abaye uwa kabiri wishwe n’isake muri iyi myaka ibiri, kuko mu mpera z’2020 hari undi wo muri Leta ya Andra Pradesh byabayeho, ubwo urwembe yari yaziritse ku kaguru k’isake ye rwamukebye mu ijosi.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *