Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe iperereza, kuri uyu wa 10 Mata 2020 , yavuze ko leta y’u Burundi yangiye intumwa zayo n’indi miryango mpuzamahanga gukora isuzuma ku mibereho y’abantu bari mu kato bitewe n’indwara y’icyorezo ya Covid-19.
Izi ntumwa zashakaga gukora isuzuma nyuma y’amakuru avuga ko ubuzima bw’abantu barenga 3000 bamaze gushyirwa mu kato ku masite atandukanye buteye impungenge, bitewe n’uko nta mazi meza bafite ndetse n’amafunguro bahabwa adahagije.
Iyi komisiyo iyobowe na Doudou Diene mu nkuru ya VOA ivuga ko itizeye amakuru atangwa n’ubuyobozi mu Burundi kubera ko anyuranye n’ava ku zindi mpande, ikaba ari yo mpamvu intumwa zayo zashakaga gukore isuzuma zikigerera ku masite aba bantu bacumbikiwemo.
Mu Burundi hamaze kugaragara abarwayi b’iyi ndwara batatu. Bwa mbere habanje kuboneka babiri, nyuma y’igihe kirekire hari impungenge ko muri iki gihugu hashobora kuba hari abarwayi benshi ariko leta ikaba yaranze kubitangaza.
Izi mpungenge kandi zagaragajwe n’ibitaro bya Kira byandikiye Minisiteri y’Ubuzima , biyimenyesha ko bimaze igihe byakira abarwayi bakekwaho cyane Covid-19. Byavuze ko baherutse kwakira abantu batatu barembye cyane, gusa Minisiteri yavuze ko nta murwayi urimo.


