Guverinoma y’u Burundi yatangaje ko imipaka yose yo ku butaka itandukanya iki gihugu n’ibindi by’ibituranyi ifunguye.
Aya makuru yatangajwe na Minisiteri y’umutekano w’imbere, ubutegetsi n’iterambere ry’abaturage kuri uyu wa 22 Ukwakira 2022. Yagize iti: “Imipaka y’u Burundi n’ibihugu bituranye irafunguye. U Burundi ni nyabagendwa.”
Iyi Minisiteri itangaje aya makuru nyuma y’aho Leta y’u Burundi ifunguye imipaka y’iki gihugu n’u Rwanda yari imaze imyaka 7 ifunzwe bitewe n’umubano wajemo igitotsi.
Usibye ikibazo cy’umubano mubi, u Burundi bwari bwarafunze iyi mipaka hamwe n’indi ibutandukanya n’ibihugu byo mu karere mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19.
Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, aherutse gutangaza ko bikwiye ko ibihugu bigize umuryango w’akarere ka Afurika y’iburasirazuba bihahirana, bigatezanya imbere nta nkomyi. Yari yitabiriye umunsi w’ubwigenge wa Uganda.



2 Responses
U Burundi bwatangaje ko imipaka yabwo yose ifunguye
turavyishimiy kub twongey kuj murwanda nabo bakaz iburund nitek ntanger nyakubahw atwar uburund naramb kungom
U Burundi bwatangaje ko imipaka yabwo yose ifunguye
turavyishimiy kub twongey kuj murwanda nabo bakaz iburund nitek ntanger nyakubahw atwar uburund naramb kungom