Mu Burusiya abashyigikiye umukuru w’abatavuga rumwe na leta, Alexei Navalny, bari mu myigaragambyo mu mijyi 80 igize icyo gihugu.
Barasaba ko yemererwa kwiyamamaza mu matora ateganijwe muri icyo gihugu umwaka utaha.
Navalny ubu ari mu gereza aho arimo kurangiriza igifungo cy’iminsi 20 yakatiwe kubera kwica inshuro nyinshi amategeko agenga gukoresha amanama mu ruhame.
Imyigaragambyo myinshi ikorwa ntabwo yemewe n’amategeko, ariko polisi yifashe ndetse n’abantu batawe muri yombi ni bake.
Navalny ubu ari mu gereza aho arimo kurangiriza igifungo cy’iminsi 20 yakatiwe kubera kwica inshuro nyinshi amategeko agenga gukoresha amanama mu ruhame.
Imyigaragambyo myinshi ikorwa ntabwo yemewe n’amategeko, ariko polisi yifashe ndetse n’abantu batawe muri yombi ni bake.
Abigaragambya barasaba Perezida Putin kutongera kwiyamamaza.
Abantu babarirwa mu magana menshi bari mu myigaragambyo irimo kubera mu rubuga rwa Pushkin mu murwa mukuru Moscow.
Imyigaragambyo ikomeye cyane yari iteganyijwe ku mugoroba muri rumwe mu mbuga zo mu mujyi wa St Petersburg.
Benshi mu bari mu myigaragambyo bitwaje isabukuru y’imyaka 65 Perezida Putin amaze avutse kugirango bamusabe kutiyamamaza mu matora ateganijwe mu kwezi kwa Gatatu umwaka utaha.
Bamusaba kandi guhita yegura.


