U Burusiya bwirukanye abadipolomate batatu bava mu Budage, Sweden na Pologne bashinjwa kugira uruhare mu myigaragambyo yo gushyigikira utavuga rumwe n’ubutegetsi , Alexei Navalny, watawe muri yombi mu minsi ishize.
Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Burusiya yavuze ko aba badepolomate bivanze mu myigaragambyo itemewe yabaye ku itariki 23 Mutarama. Ibihugu aba badipolomate baturukamo bamaganye iki cyemezo nk’uko u Bwongereza, u Bufaransa n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, EU, byabigenje.
Iyirukanwa ry’aba ryatangajwe nyuma y’amasaha ushinzwe ububanyi n’amahanga muri EU, Josep Borrell abonanye na minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Burusiya, Sergei Lavrov i Moscow.
Ibihumbi amagana by’abaturage b’u Burusiya byishoye mu myigaragambyo yo gushyigikira bwana Navalny, ukunze kunenga perezida Vladmir Putin ku mugaragaro, ku itariki ya 23 n’iya 31 Mutarama. Abagera mu bihumbi mri aba baturage batawe muri yombi nk’uko BBC dukesha iyi nkuru ivuga.
U Budage bwamaganye iri yirukanwa buvuga ko ridafite ubusobanuro kandi ko bitazarangirira aho u Burusiya nibutisubira.
Sweden yo yavuze ko ibirego by’uko umudipolomate wayo yagize uruhare mu myigaragambyo yo kuwa 23 Mutarama bidafite ishingiro kandi ko ifite uburenganzira bwo guhabwa igisubizo gikwiye.
Ku ruhande rwayo, Pologne yavuze ko iri yirukanwa ry’umudipolomate wayo rishobora kurushaho gukaza ibibazo bisanzwe mu mibanire y’ibihugu byombi.


