U Bushinwa bwafatiye ibihano abantu 28 bari abayobozi ku bwa Trump

Sangiza iyi nkuru

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Bushinwa imaze gutangaza ko yafatiye ibihano abantu 28 bari abayobozi ku butegetsi bwa Donald Trump barimo Umunyamabanga Mike Pompeo.

Abandi bafatiwe ibihano barimo Peter K. Navarro, Robert C. O’Brien, David R. Stiwell, Matthew Pottinger, Alex M. Azar II, Keith J. Krach, Kelly D. K. Craft, John R. Bolton na Stephen K. Bannon.

Guverinoma y’u Bushinwa ivuga ko aba ngaba n’abandi tutabashije kubonera amazina yabo, ndetse n’abagize imiryango yabo, batemerewe kwinjira ku butaka bw’u Bushinwa, muri Leta ya Hong Kong n’iya Macao; zombi zishamikiye kuri iki gihugu.

Ikindi kandi, ibigo bifite aho bihuriye nabo, ntabwo byemerewe gukorera kuri ubu butaka bwavuzwe haruguru.

Aba bayobozi barashinjwa kuvogera ubusugire bw’u Bushinwa, bagerageza kwinjira mu bibazo bireba iki gihugu, The Bloomberg ikaba isobanura ko byaba bifite aho bihuriye n’ibibazo bya politiki biri hagati y’iki gihugu na Leta ya Hong Kong n’iya Taiwan zishaka kubaho zitayoborwa n’ubutegetsi bw’u Bushinwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *