U Bwongereza bwafatiye u Burusiya ibihano bikakaye

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Intebe w’Ubwami bw’u Bwongereza, Boris Johnson yatangaje ko igihugu cye cyafatiye u Burusiya ibihano bikakaye nyuma y’aho Perezida wabwo, Vladimir Putin ategetse ko ingabo zinjira mu burasirazuba bwa Ukraine.

Ibi bihano byafatiwe banki eshanu zikomeye zo mu Burusiya: Rossiya, IS Bank, General Bank, Promsvyazbank na Black Sea Bank.

U Bwongereza kandi bwafatiye ibihano abaherwe batatu bo mu Burusiya: Gennady Timchenko, Boris Rotenberg na Igor Rotenberg, bufatira imitungo habo.

Boris Johnson yagize ati: “Imitungo bafite mu Bwami cy’u Bwongereza izafatirwa, abarebwa n’ibihano ntibemerewe kugera hano kandi tuzahagarika Abongereza n’ibigo bifitanye imikoranire na bo.”

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kandi yemeje ko bateganya ibindi bihano mu gihe u Burusiya butaba bwisubiriye ku cyemezo bwafashe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *