Leta y’u Bwongereza yasabye inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 kureka gusatira Umujyi wa, mu gihe imirwano hagati y’izi nyeshyamba n’Ingabo za Congo Kinshasa ikomeje kujya mbere.
U Bwongereza bwahaye M23 ubu butumwa biciye muri Corin Robertson usanzwe akuriye Ibiro bireba umugabane wa Afurica n’ibirwa bya CarraĂŻbes muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Bwongereza.
Mu butumwa yanditse kuri Twitter ye, yavuze ko isubukura ry’imirwano ya M23 na FARDC “ryateje umubabaro ukomeye” ku bantu.
Yagize ati: “U Bwongereza burahamagarira M23 guhagarika gukomeza gusatira Goma muri RDC. Isubukura ry’urugomo ryateje umubabaro ukomeye ku bantu. Turahamagarira ibihugu byose byo mu karere gukoresha inzego zose ziriho mu kuzana amahoro.”
U Bwongereza bwasabye M23 kurekura gukomeza gusatira uriya mujyi, mu gihe ku wa Gatatu uyu mutwe watangaje ko uri kugenzura imijyi ya Kibumba, Buhumba, Ruhunda, Kabuhanga, Tongo na Mulimbi ndetse n’uduce tuyikikije.
Ni ibice biri hafi y’Umujyi wa Goma, ndetse ifatwa ryabyo byaciye igikuba muri uyu mujyi.
Kuri uyu wa Kane amakuru avuga ko imirwano yongeye kubura hagati ya M23 n’Ingabo za Congo, ndetse bivugwa ko yasatiriye agace ka Kanyaruchinya gaherereye ku bilometero birindwi uvuye i Goma.
Hari amakuru avuga kandi ko M23 yatangiye gusatira Teritwari ya Masisi iherereye mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Goma, bikavugwa ko intego ari ukugota uyu mujyi.



2 Responses
U Bwongereza bwasabye M23 kureka gusatira Umujyi wa Goma
M23 mufate goma vuba ubundi nze nihgurire kenji
U Bwongereza bwasabye M23 kureka gusatira Umujyi wa Goma
M23 mufate goma vuba ubundi nze nihgurire kenji