Leta ya Iran yatangaje ko iteganya kuvanaho ikiguzi cya Visa ku baturage bo mu bihugu 50 byo hirya no hino ku Isi, birimo n’u Rwanda.
Ni ibiheruka gutangazwa n’Umuyobozi Mukuru wungirije ushinzwe ubukerarugendo muri Minisiteri ya Iran ishinzwe Umuco, Ubukerarugendo n’Ubugeni; Ali-Asghar Shalbafian.
Uyu yabwiye ikinyamakuru kitwa ‘Visa Guide World’ ko hari urutonde rw’ibihugu 50 rwashyikirijwe Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Iran kugira ngo irwemeze, hanyuma gahunda yo gukuriraho ikiguzi ababiturukamo ibe yatangira gushyirwa mu bikorwa.
Abaturage bazajya bahabwa Visa ya Iran ku buntu nyuma yo kuhagera ni abo mu bihugu by’u Rwanda, Zimbabwe, Tuvalu, Togo, Timor-Leste, Syria, Somalie, Sierra Léone, Seychelles, Samoa, Qatar, Palau, Oman, Nepal, Mozambique, Mauritanie, Maldives, Madagascar, Macao, Liban, Laos, Guinée-Bissau, Comores, Cape-Vert, u Burundi, Bolivie na Azerbaijan.
Abari basanzwe babona visa bageze muri Iran ni abaturuka muri Armenie, Cook Islands, Dominica, Georgia, Haiti, Iraq, Kazakhstan, Malaysie, Micronesie, Turkiya na Venezuela.
U Rwanda, rutumiza muri Iran ibintu bitandukanye birimo amavuta, ibikoresho bikozwe mu ibumba (ceramic products), ibinyampeke n’ifarini, isukari, umunyu, ibikoresho byo mu nzu birimo intebe n’ameza, inkweto, amatapi, ibikoresho by’amashanyarazi n’ibindi.


