U Rwanda rugiye kwakira Inama y’Ishyirahamwe ry’Abubatsi bo muri Commonwealth

Sangiza iyi nkuru

U Rwanda ruzakira, kuva ku wa 21-23 Kanama, inteko rusange y’ishyirahamwe ry’abubatsi bo mu muryango wa Commonwealth, inama y’ingenzi aho abanyamwuga bazaganira ku ngingo zirimo guhanga udushya, imijyi irambye, ndetse n’ubunini.

Abayobozi mu Ishuri Rikuru ry’Ubwubatsi nk’ikigo kicyakira, batangarije ikinyamakuru The New Times ko inteko rusange y’ishyirahamwe ry’abubatsi bo muri Commonwealth izatanga “urubuga rukomeye” ruzoroshya ibiganiro n’amasomo ya pratique hagati y’abubatsi batandukanye.

Umuyobozi wa komite ishinzwe gutegura, Alex Ndibwami, yavuze ko imwe mu ntego nyamukuru z’iyi nama ari “u kwerekana ubumenyi bugenda bugaragara ndetse n’udushya mu rwego rwo gushimangira ubumenyi bukenewe, cyane cyane ku bijyanye n’imijyi irambye yubakwa hitabwa ku mihindagurikire y’ikirere.”

Yongeyeho ko Ishuri Rikuru ry’Ubwubatsi n’abafatanyabikorwa baryo ryateguye inteko rusange iri imbere nk’umwanya mwiza wo gutekereza no kwerekana imbaraga mu guteza imbere imijyi irambye, hasubizwa umuhamagaro w’abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Commonwealth (CHOGM) mu myaka ibiri ishize.

Yakomeje agira ati: “Iyi nama nyunguranabitekerezo, izakurura ibiganiro hagati y’urungano rufite ibyo ruzamurika ku giti cye, ibiganiro nyunguranabitekerezo, hamwe n’insanganyamatsiko zigize umusingi wo gukwirakwiza amasomo yavuye mu bushakashatsi bwakozwe kuva, imishinga igenda neza ndetse n’ubushakashatsi bwakozwe kuri politiki.”

Ati: “Byongeye kandi, imurikabikorwa by’ubwubatssi na jamboree y’abanyeshuri birateganyijwe. Mu gihe imurika rizakurura imirimo y’abimenyereza umwuga ndetse n’abanyeshuri, jamboree y’abanyeshuri izaba umwanya wo gukora ibikorwa byo kwegera abaturage aho abanyeshuri bazafatanya n’abarimu, abimenyereza umwuga, ndetse n’abashinzwe gufata ingamba ”.

Yahamagariye amakaminuza, abimenyereza, n’abashinzwe gufata ingamba muri Commonwealth ndetse no ku Isi hose kwiyandikisha kugira ngo bazitabire inama nyinshi z’ingirirakamaro zizaba.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *