U Rwanda rugiye kwakira inkingo 1,098,960 za Covid-19, zizaterwa abantu 549,480

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Ngamije Daniel yatangaje ko hari icyizere ko mu mpera z’uku kwezi, inkingo 1,098,960 zizagera mu Rwanda, hagatangira igikorwa cyo gukingira icyorezo cya Covid-19.

Yabitangarije mu kiganiro yagiriye ku kigo cy’igihugu cy’itangazamakuru (RBA), kuri uyu wa 20 Gashyantare 2021.

Minisitiri Ngamije yavuze ko igikorwa cyo gukingira kizaba mu byiciro bitewe n’uko inkingo na zo zizajya ziboneka mu byiciro, kuko ngo “n’ibihugu bizikora bitarakingira abaturage babyo bose.”

Nk’uko yabisobanuye, kugira ngo urukingo rukore, bisaba ko umuntu aruterwa kabiri. Ibi Bivuze ko muri izi nkingo zizaboneka mu mpera za Gashyantare, abantu 549,480 bangana na kimwe cya kabiri cya 1,098,960 ari bo bazazibona.

Abazahabwa izi nkingo barimo abakozi bo kwa muganga, abakora ku kibuga cy’indege, ku mipaka, abakora mu mahoteli, abakozi bo mu nzego z’umutekano bakurikirana uburyo amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo yubahirizwa, abarengeje imyaka 65 y’amavuko ndetse n’abafite indwara zidakira; bose bafite ibyago byo kwandura.

U Rwanda ruzakira izi nkingo (za Astra Zeneca na Pfize BioNTech) binyuze muri gahunda ya Covax igamije kuzigeza mu bihugu biri mu nzira y’iterambere. Usibye Tanzania n’u Burundi bitari ku rutonde, ni cyo gihugu kizakira nkeya mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba bitewe n’uko gifite umubare muto w’abaturage.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *