Ishyirahamwe mpuzamahanga ryita ku bwisanzure bwo gutangaza amakuru (CPJ) rashyize hanze imibare yerekana abanyamakuru bafunzwe ku Isi mu 2021, aho u Rwanda ruri mu bifunze benshi mu bihugu bigize Umuryango w’ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba, EAC. CPJ ivuga ko kugeza kuwa 1 Ukuboza 2021, ku Isi yose, abanyamakuru 293 bari bafunzwe, ni mu cyegeranyo cyashyizwe hanze kuri uyu wa 9 Ukuboza uyu mwaka. Ibihugu biza ku isonga mu gufunga abanyamakuru ku Isi ni Ubushinwa bufunze 50, Mynamar ifunze 26, Misiri ifunze 25 na Vitenam ifunze 23. CPJ ifite icyicaro i Newyork ivuga ko muri Afurika y’Iburasirazuba no mu ihembe rya Afurika, Eritrea ifunze 16, Ethiopia 9 ndetse bashobora kwiyongera kuko CPJ ivuga ko igikora iperereza kuri iki gihugu, ndetse n’ u Rwanda rufunze barindwi. CPJ ivuga ko Muri uka gace abanyamakuru 45 bafunzwe gusa ngo Ethiopia yo iteye inkeke kurushaho. Mumo uhagarariye CPJ muri Afurika y’Iburasirazuba no mu ihembe rya Afurika, ku Rwanda avuga ko ” Iyo turebye muri aka karere, mu Rwanda naho abanyamakuru ntiborohewe. Ubu hafunzwe barindwi, hiyongereyeho batatu ku bari bafunzwe mu mwaka ushize. Abenshi ni abakorera kuri Youtube…” CPJ ivuga ko muri EAC hari aho ibintu bimeze neza nibura. Itanga urugero ku Burundi, Uganda na Sudani y’Epfo, aho nta munyamakuru n’umwe ufunzwe gusa ikavuga ko ibi bidasobanuye ko muri ibi bihugu abanyamakuru bidegembya, ngo naho bafite ibibazo by’ingutu. Mu mpera z’Ugushyingo 2021, Perezida Kagame mu nama n’abayobozi yavuze ko Hatakwihutira gufungwa. Abaharabika Leta cyangwa Abanyarwanda bakwiriye kujya babeshyuzwa. Mu Rwanda, abanyamakuru bafunzwe ubugenzacyaha bwagaragaje ko ibyo batangaje byari bigize ibyaha bitandukanye birimo gukurura amacakubiri, ubu bakaba bari imbere y’ubutabera. Mu 2021 kandi CPJ ivuga ko abanyamakuru babiri; umwe wo muri Somalia n’undi wo muri Ethiopie bishwe. Mu bafunzwe nta mugore urimo.



