Kuri uyu wa Kabiri, Guverinoma y’u Rwanda ku bufatanye n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Iterambere (UNDP) yakiriye izindi robot mu rwego rwo gushimangira urugamba rwo kurwanya icyorezo cya Covid-19 nk’uko byatangajwe n’abayobozi.
Muri ubu bufatanye, u Rwanda rwakiriye robot eshatu zo mu bwoko bwa THOR UVC biteganyijwe ko zizagira uruhare rukomeye mu gucungana no gukumira ubwandu bwa Covid-19.

Izi robots zikaba zakiriwe mu Bitaro by’Akarere ka Nyarugenge bimaze igihe gito bifunguwe.
Ni ku nshuro ya kabiri u Rwanda rwohereje za robots mu kugabanya guhura kw’abakora mu buvuzi n’abanduye virus ya corona.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara na minisiteri y’ubuzima, rivuga ko izi robots zizifashishwa mu gusukura no gukura ubwandu mu bigo nderabuzima. Ibitaro n’ahantu hateranira abantu benshi nko mu masoko, ibiro cyangwa imipaka, mu rwego rwo kugabanya ikwirakwira rya Covid-19.
Izi robots za THOR ultra-violet (UVC) ni robot zikoreshwa mu kwica udukoko zikoresha ikoranabuhanga ryo gushushanya ibyumba mu gutanga byihuse imiti yica mikorobe na virusi.


