U Rwanda rwasabwe gufata babiri bakekwaho kwica Col. Karegeya

Sangiza iyi nkuru

Ubushinjacyaha bwa Afurika y’Epfo (NPA) buvuga ko bwandikiye u Rwanda burusaba gufata abantu babiri; Alex Sugira na Ismail Gafaranga kiririsi.

Umugore wa Karegeya, Leah Karegeya yabwiye The Daily Monitor dukesha iyi nkuru ko NPA yabwiye abavoka b’umuryango we ko yamaze kumenyesha u Rwanda irusaba gufata aba bagabo babiri.

Avuga ko iyi ntambwe yatewe na NPA ari ikimenyetso ko ubutabera ku mugabo we buzatangwa.

Ati “  Bimaze igihe kirekire ariko ubutabera buratanzwe. Tunejejwe n’icyemezo cya NPA. Twizera ko umunsi umwe abagize uruhare muri buriya bwicanyi,bazagezwa imbere y’ubutabera.”

Afurika y’Epfo ivuga ko abaregwa bari mu Rwanda, gusa ibihugu byombi nta masezerano yo guhana abaregwa ibyaha bifitanye kugira ngo urwandiko rwo guta muri yombi rushyirwe mu bikorwa.

[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]

Col. Patrick Karegeya yiciwe muri hotel Michelangelo y’i Johannesburg mu ijoro rya nyuma ry’umwaka wa 2013.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *