U Rwanda rwiyongereyeho inota rimwe mu kurwanya ruswa ku Isi

Sangiza iyi nkuru

Raporo y’Umuryango Mpuzamahanga urwanya ruswa n’akarengane ya 2020 yashyize u Rwanda ku mwanya wa 49 mu bihugu 180 n’amanota 54% mu kurwanya ruswa aho rwiyongereyeho 1%.

U Rwanda ruracyari ku mwanya wa 4 muri Afurika ruriho kuva mu 2018, amanota rwari rufite icyo gihe yavuye kuri 56 ku ijana agera kuri 53 mu 2019 kuri ubu rukaba rufite 54% mu 2020. U Rwanda ruherekeje ibihugu nka Seychelles, Botswana na Cap Vert.
Denmark na Newzeland baraza ku isonga n’amanota 88% mu gihe inyuma hari Syria ifite 14%, Somalia ifite 12% na Sudani y’Epfo ifite 12%.

Ni ubushakashatsi bushingira ku bipimo n’ amanota atangwa n’ ibigo 7 ku rwego mpuzamahanga aho bimwe mu bipimo bishingirwaho ari impinduka mu rwego rwa politiki, mu bukungu ndetse no mu micungire y’inzego.

Ni ubushakashatsi bukorwa kuva mu 1995

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *