Ubwami bwa Maroc bwahawe indege zose z’intambara za Mirage 2000 zari zitunzwe na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu ( UAE).
Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu zirateganya gusimbuza izi ndege zo mu bwoko bwa Dassault Mirage 2000-9 igihe izaba yakiriye indege nshya 80 zo mu bwoko bwa Dassault Rafale F4s yatumije mu Bufaransa umwaka ushize.
Nibikora, Maroc izakira Mirage 2000-9 zayo mirongo itandatu yabonye mu mpera za 90. Dassault Aviation iherutse gutangaza ko amasezerano yagiranye na UAE yo kugura Rafales 80 yatangiye gukurikizwa, bivuze ko yakiriye ubwishyu buke butangiza amasezerano nk’uko tubikesha africanmilitaryblog.
Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu zirashaka guha icyiciro cya mbere cya Mirage-2000-9 zigera kuri 34 Igisirikare cyo mu kirere cya Maroc, kugira ngo zunganire F-16 zigera kuri 50 na Mirage F1 zigera kuri 30 zigezweho gikoresha muri iki gihe, kugira ngo zihangane n’indege zo muri Algeria zizirusha ubwinshi cyane.
Kuhagera kwa Mirage 2000-9 zigera kuri 34 byafasha Rabat kuringaniza imbaraga zo mu kirere n’umuturanyi wayo, Algeria, ikoresha MiG-29 zigera muri 50, Sukhoi-30 mirongo itandatu, ndetse na MiG-25 zibarirwa muri 13, kandi ishobora kugura mu bihe biri imbere indege z’indwanyi zitwara za bombe (fighter-bombers) zikorerwa mu Burusiya nka Su-34, cyangwa indege ya Su-57.
Bivugwa ko izi Mirage 2000-9 za UAE ari verisiyo yavuguruwe cyane, yabonetse bwa mbere muri za 1980. Abu Dhabi kuri ubu ifite byibura izi Mirage 56. Izi Mirage 2000-9 zishobora kuyobora ibikorwa byo gutera no kwirwanaho byo mu kirere no mu nyanja.
Mu Gushyingo 2019, nibwo Dassault yahawe amasezerano ya miliyoni 489.5 z’amadorali yo kuvugurura izi ndege, iafatanyije n’isosiyete y’Abafaransa icuruza intwaro yitwa Thales yahawe amasezerano yo kongerera ubuzima izo ndege. Mu byongewemo harimo nka radar ya Thales yo mu bwoko bwa RDY-3 n’uburyo bwo gupima neza igipimo buzwi nka Talios bukoreshwa na Rafale, nubwo ibi bitaremezwa.


