Umukinnyi wa filimi wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Ashley Judd yahishuye ibihe bikomeye yanyuzemo ubwo yari yavunikiraga ukuguru mu ishyamba ryo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Abakongomani bakamutabara.
Yabitangarije ku rubuga rwe rwa Instagram tariki ya 16 Gashyantare 2021, bikurura amarangamutima ya benshi batahwemye gukomeza gushima umutima wa kimuntu w’aba Banyekongo.
Ashley Judd yagize ati: “Nshuti, iyo ntagira abavandimwe na bashiki banjye bo muri Congo, kuvira amaraso imbere kwashoboraga kunyica kandi ngatakaza ukuguru. Mbyuka ndira nshimira, nshimishijwe cyane na buri muntu wagize uruhare mu gutanga ubuzima no kunkiza mu gihe kitoroshye cy’amasaha 55.”
Yakomeje avuga kuri buri Munyekongo wamufashije muri ibi bihe n’uko yabigenje, ahera ku witwa Dieumerci, ati: “Yarambuye ukuguru agushyira munsi y’ukwanjye kwaribwaga kugira ngo gukomeza gukora neza. Kwari kwavunitse ahantu hane kandi kwangiritse. Dieumerci yagumye yicaye, atajegajega, amasaha 5 mu ishyamba. Yari kumwe nanjye mu bubabare bwanjye bwa mbere, yari umutangabuhamya wanjye.”
Yavuze ko hari undi witwa Papa Jean waje kumufasha gusubiranya amagufwa yari yatatanye, n’ubwo yabikoraga atakamba bitewe n’ububabare.
Nyuma ubwo yari amaze guhabwa ubutabazi bw’ibanze, abagabo batandatu bamukuye mu ishyamba, bamugeza aho basanze moto y’uwitwa Didier, we n’uwitwa Maradona baramutwara bamugeza aho yaherewe ubutabazi bwisumbuye, banyuze mu muhanda wuzuye icyondo bitewe n’imvura yari yawuguyemo.

Ni uku Ashley Judd yavanwe mu ishyamba
Ati: “Didier yatwaye moto, nicara ndeba inyuma. Ubwo natangiraga gusinzira, yarampamagaraga ngo nongere mwishingikirizeho. Maradona yuriye moto ajya inyuma, nicara murebye. Yafashe ukuguru kuvunitse munsi y’agatsinsino. Twese hamwe twabikoze amasaha 6 mu muhanda wuzuye isayo kuko hari mu gihe cy’imvura.”
Ashley Judd avuga ko ubu yabaye inshuti y’aba Banyekongo, by’umwihariko Maradona we ngo baranaganira.
Yavunitse mu ijoro mu byumweru bibiri bishize, ubwo yasitaraga ku giti cyaguye atakibonaga. Icyo gihe yari yaraye mu ishyamba, ari mu bushakashatsi ku nyamaswa za ‘bonobo’ ziri mu bwoko bw’inguge.


Ashley Judd yishimira uburyo Abanyekongo bamwitayeho
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV



12 Responses
Ubuhamya bwa Ashley Judd watabawe n’Abanyekongo, ubwo yari mu kaga
Nanjye biranshimishije cyane ukuntu aba bakongomani bitaye kuri uyu mushyitsi wavunikiye iwabo. Ubundi icyo ni cyo bita ubumuntu. Bazakomeze uwo muco mwiza rwose, kandi Imana izakomeze kubibafashamo.
Ubuhamya bwa Ashley Judd watabawe n’Abanyekongo, ubwo yari mu kaga
Nanjye biranshimishije cyane ukuntu aba bakongomani bitaye kuri uyu mushyitsi wavunikiye iwabo. Ubundi icyo ni cyo bita ubumuntu. Bazakomeze uwo muco mwiza rwose, kandi Imana izakomeze kubibafashamo.
Ubuhamya bwa Ashley Judd watabawe n’Abanyekongo, ubwo yari mu kaga
Nanjye biranshimishije cyane ukuntu aba bakongomani bitaye kuri uyu mushyitsi wavunikiye iwabo. Ubundi icyo ni cyo bita ubumuntu. Bazakomeze uwo muco mwiza rwose, kandi Imana izakomeze kubibafashamo.
Ubuhamya bwa Ashley Judd watabawe n’Abanyekongo, ubwo yari mu kaga
Nanjye biranshimishije cyane ukuntu aba bakongomani bitaye kuri uyu mushyitsi wavunikiye iwabo. Ubundi icyo ni cyo bita ubumuntu. Bazakomeze uwo muco mwiza rwose, kandi Imana izakomeze kubibafashamo.
Ubuhamya bwa Ashley Judd watabawe n’Abanyekongo, ubwo yari mu kaga
Gushima ku munwa byo turabizi ariko kwitura abatugiriye neza byo byaratwihishe …Ngayo nguko kuri benshi batarimo ge kuko jye nitura uwangiriye neza.
Ubuhamya bwa Ashley Judd watabawe n’Abanyekongo, ubwo yari mu kaga
Gushima ku munwa byo turabizi ariko kwitura abatugiriye neza byo byaratwihishe …Ngayo nguko kuri benshi batarimo ge kuko jye nitura uwangiriye neza.
Ubuhamya bwa Ashley Judd watabawe n’Abanyekongo, ubwo yari mu kaga
@Fred, naho se ko utavuze kugaya, byo tubizi?
Gushima kose nikwiza kuruta kugaya. Gusa guhugura no gukebura abantu ningenzi mukurushaho gukora neza
Ubuhamya bwa Ashley Judd watabawe n’Abanyekongo, ubwo yari mu kaga
@Fred, naho se ko utavuze kugaya, byo tubizi?
Gushima kose nikwiza kuruta kugaya. Gusa guhugura no gukebura abantu ningenzi mukurushaho gukora neza
Ubuhamya bwa Ashley Judd watabawe n’Abanyekongo, ubwo yari mu kaga
Nshimishijwe nuko abanyekongo bagize impuwe nacane cane kukungene beshi mubazungu batemera abirabure ariko akaba aribo batabaye mubihe vyamakuba nsabako uwo munyamerica umbwambere yoshimira Imana yahamagaye abanyekongo bakamugerak ashimire cane anamamaza ko abanyekongo ndetse nabanya frican bafise umutima ndetse nimpu n’Urukundo kand naband bafise imitima yivangura moko bahinduke nacane cane mubazungu bamwe bibaza kubanyafrica kwari babi Imana ikomez abamutoye ndetse nuwatowe mubihe bitoroshe nacane cane yamamaze ubwiza bw’Imana kubantu Bose Imana ibahezagire murakoze
Ubuhamya bwa Ashley Judd watabawe n’Abanyekongo, ubwo yari mu kaga
Nshimishijwe nuko abanyekongo bagize impuwe nacane cane kukungene beshi mubazungu batemera abirabure ariko akaba aribo batabaye mubihe vyamakuba nsabako uwo munyamerica umbwambere yoshimira Imana yahamagaye abanyekongo bakamugerak ashimire cane anamamaza ko abanyekongo ndetse nabanya frican bafise umutima ndetse nimpu n’Urukundo kand naband bafise imitima yivangura moko bahinduke nacane cane mubazungu bamwe bibaza kubanyafrica kwari babi Imana ikomez abamutoye ndetse nuwatowe mubihe bitoroshe nacane cane yamamaze ubwiza bw’Imana kubantu Bose Imana ibahezagire murakoze
Ubuhamya bwa Ashley Judd watabawe n’Abanyekongo, ubwo yari mu kaga
Nshimishijwe nuko abanyekongo bagize impuwe nacane cane kukungene beshi mubazungu batemera abirabure ariko akaba aribo batabaye mubihe vyamakuba nsabako uwo munyamerica umbwambere yoshimira Imana yahamagaye abanyekongo bakamugerak ashimire cane anamamaza ko abanyekongo ndetse nabanya frican bafise umutima ndetse nimpu n’Urukundo kand naband bafise imitima yivangura moko bahinduke nacane cane mubazungu bamwe bibaza kubanyafrica kwari babi Imana ikomez abamutoye ndetse nuwatowe mubihe bitoroshe nacane cane yamamaze ubwiza bw’Imana kubantu Bose Imana ibahezagire murakoze
Ubuhamya bwa Ashley Judd watabawe n’Abanyekongo, ubwo yari mu kaga
Nshimishijwe nuko abanyekongo bagize impuwe nacane cane kukungene beshi mubazungu batemera abirabure ariko akaba aribo batabaye mubihe vyamakuba nsabako uwo munyamerica umbwambere yoshimira Imana yahamagaye abanyekongo bakamugerak ashimire cane anamamaza ko abanyekongo ndetse nabanya frican bafise umutima ndetse nimpu n’Urukundo kand naband bafise imitima yivangura moko bahinduke nacane cane mubazungu bamwe bibaza kubanyafrica kwari babi Imana ikomez abamutoye ndetse nuwatowe mubihe bitoroshe nacane cane yamamaze ubwiza bw’Imana kubantu Bose Imana ibahezagire murakoze