Ubusabwe bw’u Burundi bwo kwinjira mu muryango w’ibihugu 16 byo mu majyepfo ya Afurika (SADC) bwongeye guterwa utwatsi bitewe n’umutekano muke na demukarasi ikiri hasi.
Inkuru ya BBC ikesha New Era yo muri Namibia ivuga ko umuyobozi w’uyu muryango akaba n’umukuru w’iki gihugu, Hage Geingob yatangaje ko uyu mutekano muke wo mu Burundi watewe n’imvururu zavuye mu matora ya 2015.
Aya matora ngo ni na yo ntandaro y’umutekano muke ubarizwa muri iki gihugu.
Mu minsi ishize, SADC yohereje itsinda ry’impuguke mu Burundi kugira ngo zisuzume zirebe niba iki gihugu cyakwemererwa.
Hage Geingob yagize ati: ” Byose biterwa na demukarasi itarashyirwa mu bikorwa mu Burundi”.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Burundi na we yari amaze igihe akora ingendo zigamije gushaka abayoboke babushyigikira kuri ubu busabe bwa kabiri bari batanze. Ubwa mbere babutanze mu 2017 na bwo bangirwa ku bw’umutekano muke.
Perezida Hage yasabye iki gihugu gukemura ikibazo cy’umutekano muke, kwimakaza inzira ya demukarasi no kubahiriza uburenganzira bw’ikiremwamuntu mbere y’uko bwongera gusaba kwinjira muri uyu muryango.
Â


