Ubushinjacyaha bwajuririye ibihano Rusesabagina n’abandi 20 bakatiwe

Sangiza iyi nkuru

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwamaze kujuririra ibihano urukiko rwakatiye Paul Rusesabagina, Nsabimana Callixte (Major Sankara) n’abandi 19 bareganwaga ibyaha by’iterabwoba.

Tariki ya 20 Nzeri 2021 ni bwo Urukiko Rukuru, urugereko rwihariye ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka rwakatiye Rusesabagina n’abo bareganwaga ibihano bitandukanye bigendanye n’ibyaha byahamye buri umwe.

Rusesabagina yakatiwe igifungo cy’imyaka 25, mu gihe Ubushinjacyaha bwari bwaramusabiye igifungo cya burundu. Ni mu gihe Major Sankara yakatiwe imyaka 20, yari yarasabiwe 25. Bose bakatiwe igifungo kiri hagati y’imyaka 5 na 25.

Abacamanza bamaze gutanga umwanzuro, Umuvugizi w’Ubushinjacyaha, Nkusi Faustin yatangarije The New Times ko batanyuze n’ibihano byakatiwe abaregwaga, n’uburyo bahanaguweho bimwe mu byaha.

Nkusi yagize ati: “Abo twasabiye igifungo cya burundu, bakatiwe imyaka igera kuri 25, abandi twasabiye cy’imyaka 20, bakatiwe imyaka 5.” Ku byaha bahanaguweho, yagize ati: “Hari n’abaregwaga ibyaha 7,9 n’ibigera kuri 14 ariko bahamijwe kimwe.”

Icyo gihe Nkusi yabajijwe niba Ubushinjacyaha buteganya kujuririra umwanzuro w’urukiko, asubiza ko uru rwego ruzicara rukabyigaho. Ati: “Birasaba kwicara tukabyigaho, kugira ngo turebe niba twajurira.”

Uko Ubushinjacyaha butemera igihano by’umwihariko cyakatiwe Rusesabagina, ni ko n’umuryango w’uyu mugabo w’imyaka 67 y’amavuko utuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika watangaje ko yimwe ubutabera. Uyu muryango uvuga ko nta cyaha yakoze, ngo ahubwo ni imfungwa ya politiki, unabishingiraho usaba amahanga gushyira igitutu kuri Leta y’u Rwanda ngo imurekure.

Aba bakatiwe bose bafungiwe ibyaha bifitanye isano n’ibitero umutwe witwaje intwaro wagabye mu majyepfo y’uburengerazuba bw’igihugu, mu bice byegereye ishyamba rya Nyungwe mu 2018 no mu 2019.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Ubushinjacyaha bwajuririye ibihano Rusesabagina n’abandi 20 bakatiwe
    Nimubona umuntu ushaka gufata leta akaza atega amamodoka ayatwika yica abarimo abana, abasore, abakuze mwabantu mwe nta muntu uburimo peeeee. RDF kwiba muri za defence zizwi kandi ko baba batabuze amakuru yaho baba ahubwo bayafata bagira ngo bahakwepe mwibaze namwe ukwepa abasirikare ukajya kwica abaturage ugafata Leta koko ko nzi gufata ubutegetsi arugutsimbura ingabo ziburinze mwambwira kwa ribiki.

  2. Ubushinjacyaha bwajuririye ibihano Rusesabagina n’abandi 20 bakatiwe
    Nimubona umuntu ushaka gufata leta akaza atega amamodoka ayatwika yica abarimo abana, abasore, abakuze mwabantu mwe nta muntu uburimo peeeee. RDF kwiba muri za defence zizwi kandi ko baba batabuze amakuru yaho baba ahubwo bayafata bagira ngo bahakwepe mwibaze namwe ukwepa abasirikare ukajya kwica abaturage ugafata Leta koko ko nzi gufata ubutegetsi arugutsimbura ingabo ziburinze mwambwira kwa ribiki.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *