Ubwato MV Abdullah bwari bwashimutiwe muri Somalia bwarekuwe hatanzwe miliyoni 5$

Sangiza iyi nkuru

Ba rushimusi bo muri Somalia baravuga ko barekuye ubwato bwashimuswe, MV Abdullah, kuri iki Cyumweru kare nyuma yo kwishyura ingurane ya miliyoni 5 z’amadolari ya Amerika nk’uko byatangajwe na ba rushimusi babiri.

Abdirashiid Yusuf, umwe muri ba rushimusi, yabwiye Reuters ati: “Amafaranga yatuzaniwe mu ijoro ryakeye nk’uko bisanzwe … twagenzuye niba amafaranga ari amahimbano cyangwa atari amahimbano. Hanyuma twagabanije ayo mafaranga mu matsinda turagenda, twirinda ingabo za leta.”

Abayobozi ba leta ya Somalia ntibigeze basubiza icyifuzo cyo gutanga ibisobanuro.

Muri Werurwe, MV Abdullah, ubwato bw’ubwikorezi buriho ibendera rya Bangaladesh, ubwoko bw’ubwato bw’ubucuruzi bwakoreshwaga mu gutwara imizigo myinshi, bwashimuswe muri Werurwe ubwo bwavaga muri Mozambike bugana muri Leta Zunze Ubumwe z’’Abarabu (UAE).

Ishimutwa ryabereye nko mu bilometero 1111 mu burasirazuba bw’umurwa mukuru wa Somaliya, Mogadishu.

Ba rushimusi bo muri Somalia bateje akaduruvayo mu mazi yo ku nkombe ndende z’igihugu kuva mu 2008 kugeza 2018. Bari basinziriye kugeza mu mpera z’umwaka ushize ubwo ibikorwa byo gushimuta byongeraga kuburwa.

Amakuru aturuka aha avuga ko ibi bikorwa byatewe no kuregeza kw’inzego z’umutekano cyangwa se bikaba bishobora kuba byarubuwe bitewe n’ibitero by’Aba-Houthi bo muri Yemen birimo kwibasira amato ajya cyangwa ava muri Israel mu gihe hakomeje intambara ibera muri Gaza hagati ya Israel n’umutwe wa Hamas.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *