Urwego rushinzwe itumanaho muri Uganda, The Uganda Communications Commission (UCC), yahaye umunyamategeko, Male Mibirizi Kiwanuka, ibimenyetso azifashisha mu rubanza rwe na Pasiteri Bugingo n’umugore we, Suzan Makula Nantaba. UCC ari nayo ikurikirana iby’amakuru atangazwa mu gihugu, yamaze guha Mabirizi amashusho ya Pasiteri Bugingo, ari gusezerana mu buryo gakondo na Nantaba. Ibintu we yakunze guhakana yivuye inyuma. Ibi byemezwa n’itangazo ryashyizweho umukono n’umuyobozi wa UCC, Susan Weyoye nk’uko Blizz ibitangaza. Pasiteri Bugingo yavuzweho ko kuwa 7 Ukuboza 2021, yerekanwe nk’umwe kwa Nantaba ahitwa Katabi muri Entebbe. Umunyamategeko wa Bugingo, Male Mabirizi yavuze ko Bugingo agomba kwitaba urukiko kuwa Gatanu tariki 21 Mutarama 2022 ku rukiko rw’ibanze rwa Entebbe. Mabirizi arega Bugingo ko yishe amategeko agenga ugushyingirwa muri Uganda, ashakana na Nantaba kandi agifite undi mugore, Teddy Naluswa Bugingo, banasezeranye byemewe n’amategeko ariko nta gatanya aramuha. Kuva mu 2019, Bugingo n’umugore bari baragannye inkiko basaba gatanya, ariko umugore arabyanga. Bugingo yashinze anayobora itorero House of Prayer Ministries International rikorera ahitwa Makerere muri Kikoni. Ni umuyobozi wa kompanyi yitwa Salt Media Group of Companies.


