Ubwo Tottenham na Liverpool zakinaga umukino wa nyuma wa UEFA Champions League, umufana w’umukobwa yinjiye mu kibuga yambaye akambaro ko kogana mu mazi gusa.
Kinsey Wolanski ufite imyaka 22 yahise agira abamukurikira 2,300,000 kuri Instagram ari na ko bamwandikiye uruhuri rw’ubutumwa. Ubusanzwe yari afite abantu 300,000 gusa bamukurikira.
N’ibyishimo byinshi, Wolanski ufite ubwenegihugu bw’Uburusiya n’Amerika yashimiye aba bafana be abicishije mu butumwa bwa ‘video’ kuri uru rubuga.
Bumwe muri ubu butumwa buragira buti: ” Ntabwo nashobora gusobanura uko merewe aka kanya. Ndumva nezerewe cyane kandi ndashima… yewe ubanza nanarira. Ndabakunda cyane kandi nabashimira mu buryo bwose nashobora.”
Wolanski ngo akunda kwishima cyane no gukora ibintu by’imikino nk’ibi ariko ntiyari yiteze ko bigera kuri uru rwego.
Ubwo Wolanski yinjiraga mu kibuga, abashinzwe umutekano bamufashe, bajya ku mufunga ariko ntibatinze kumurekura.


