Ikipe ya FC Barcelona yaraye itsinzwe na Bayern Munich ibitego 3-0, ihita isezererwa muri UEFA Champions league itarenze umutaru.
Ibitego bya Thomas Müeller, Leroy Sané na Jamal Musiala byari bihagije ngo Bayern Munich irangize burundu inzozi za FC Barcelona yari yarahiriye kujya kuyitsindira ku kibuga cyayo.
FC Barcelona yarangije imikino itandatu yo mu tsinda E iri ku mwanya wa Gatatu n’amanota arindwi, irushwa inota rimwe na Benfica yabaye iya kabiri.
Kurangiza ku mwanya wa gatatu mu tsinda bisobanuye ko iyi kipe itazakina 1/8 cy’irangiza, ibyaherukaga kuyibaho mu mwaka w’imikino wa 2003/2004.
Muri iyi myaka 17 ishize ni bwo FC Barcelona yananiwe kurenga umutaru, biba ngombwa ko ikina irushanwa rya UEFA Europa league.
Icyo gihe byari mbere gato y’uko Lionel Messi umaze igihe gito avuye muri iyi kipe ayikinamo umukino wa mbere.
Umutoza Xavi Hernandez nyuma yo gusezererwa batarenze umutaru, yavuze ko ari ibintu bibabaje cyane gusa ashimangira ko igihe kigeze ngo Barça itangire ikiragano gishya.
Andi makipe yajyanye na FC Barcelona muri Europa arimo Dortmund na Leipzig zo mu Budage, Porto yo muri Portugal, Sheriff yo muri Moldova, Zenit yo mu Burusiya na Sevilla FC yo muri Espagne.
Aya makipe ariyongeraho indi imwe iva hagati ya Atalanta yo mu Butaliyani na Villarreal yo muri Espagne.


