UEFA CL: Messi na PSG bahawe urw’amenyo nyuma yo gufatwa ku gakanu na Club Brugge

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Paris Saint-Germain n’ibihangange byayo bahawe urw’amenyo, nyuma yo kunanirwa gutsinda Club Brugge yo mu Bubiligi mu mukino wa UEFA Champions league.

Club Brugge yari yakiriye PSG mu mukino wa mbere wo mu tsinda A warangiye amakipe yombi aguye miswi igitego 1-1.

Ni umukino PSG ku nshuro ya mbere yari yiyambajemo Lionel Messi, Neymar Jr na Kylian Mbappé bose babanje mu kibuga.

Iyi kipe y’umutoza Maurichio Pochettino yafunguye amazamu ku munota wa 15 w’umukino ibifashijwemo na Ander Herera, ku mupira yari ahinduriwe na MbappĂ©.

Club Brugge yafashijwe cyane n’umurindi w’abafana bayo, yishyuye iki gitego ku munota wa 27 ibifashijwemo na Hans Vanken.

Messi wari witezwe na benshi muri uyu mukino, igikomeye yakoze ni umutambiko yateye mu gice cya mbere cy’umukino, n’ishoti rye ryo ku munota wa 70 ryakuwemo n’umunyezamu Simon Mignolet.

Amanota yatanzwe n’ikinyamakuru l’Equipe yerekana ko uko Messi yitwaye muri uyu mukino bimuha amanota 5/10 mu gihe Neymar utigeze agaragara na gato cyamuhaye amanota 4/10.

ESNP FC yo yanageze kure mu bijyanye n’agaciro k’amakipe yombi, yerekana ko PSG ifite agaciro k’ama-Euro miliyari imwe na miliyoni 10, mu gihe Club Brugge yayihagamye ifite agaciro ka miliyoni 165.33, ibyumvikanisha ko yakagombye gutoza iyi kipe.

Abenshi mu bakunzi b’umupira w’amaguru batonze agatoki umutoza Pochettino, bakavuga ko nta bushobozi afite bwo gutoza ikipe nk’iriya.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *