Rutahizamu wa Arsenal, Pierre Emerick Aubameyang yafashije ikipe ye ya Arsenal gutsinda Rennes yo mu Bufaransa ibitego bitatu ku busa, bituma ikomeza muri 1/4 cy’irangiza.
Aubameyang yatsinze ibitego bibiri muri bitatu ikipe ye yatsinze. Ikindi gitego kikaba cyatsinzwe n’umukinnyi Ainsley Maitland-Niles.
Ikipe ya Arsenal ikaba yasabwaga gutsinda ibitego bitatu ku busa kugira ngo ikomeze muri 1/4 cy’irangiza.
Uyu mukino wari uwo kwishyura kuko umukino ubanza wari wabereye mu Bufaransa mu cyumweru gishize wari warangiye Rennes itsinze Arsenal ibitego bitatu kuri kimwe(3:1). Arsenal ikaba ikomeje ku giteranyo cy’ibitego bine kuri bitatu(4:3) mu mikino yombi.
Uyu mukino wari ukomeye cyane kuko Arsenal yagiye mu kibuga iziko kugira ngo ikomeze igomba gutsinda ibitego byibura bibiri ku busa. Nk’ikipe yakiniraga imbere y’abafana bayo , yatangiye isatira mu buryo bukomeye maze ku munota wa gatanu gusa Aubameyang afungura amazamu.
Arsenal yakomeje kotsa igitutu Rennes maze ku munota wa 15 A.Maitland —Niles nawe atsinda igitego cy’umutwe.
Aubameyang wari wazonze ba myugariro ba Rennes , yaje kubatsinda igitego gishimangira insinzi ya Arsenal ku munota wa 72 maze abafana bayo bajya mu bicu.
Iyi nsinzi ya Arsenal ikaba ibahaye itike yo gukomeza muri ¼ cya Uefa Europa League. Tombora yuko amakipe azahura muri ¼ ikaba iteganijwe kuwa 15 Werurwe 2019.
Ku rundi ruhande , ikipe ya Chelsea nayo yatangaga isomo rya Ruhago . Iyi kipe ikaba yandagaje Dynamo Kiev yo muri Ukraine iyitsinda ibitego bitanu ku busa imbere y’abafana bayo. Ibyo bitego bikaba byatsinzwe na Olivier Giroud watsinzemo bitatu wenyine, Marcos Alonso ndetse na C.Hudson-Odoi.
Nkurunziza Viateur Bwiza.com


