Uganda: Abadepite bagiye guhabwa imodoka z’imitamenwa banarindwe na bamudahusha(snipers)

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Uganda, Joweli Kaguta Museveni yizeje Abadepite uburinzi budasanzwe, aho bagiye guhabwa imodoka zitamenwa n’amasasu hamwe n’abasirikare ba mudahusha (snipers) bo ku barinda.

Perezida Museveni yitaye ku mutekano w’Abadepite, nyuma y’iyicwa rya hato na hato ryari rimaze iminsi ribakorerwa n’abandi bayobozi batandukanye bo muri iki gihugu.

Nk’uko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, ngo mu ibaruwa Perezida Museveni yandikiye Minisitiri ushinzwe ubukungu, yamutangarije ko ubu burinzi bushya bugiye kwiyongera ku bwari busanzwe buhabwa abayobozi bakuru.

Aba badepite babarirwa mu majana ane, bazahabwa ubu burunzi buziyongera ku uguherekezwa n’abapolisi bafite imbunda nk’uko byari bisanzwe.

Mu kwezi gushize umudepite yarasiwe i Kampala, nyuma y’ubundi bwicanyi bitamenyekanye uwabukoze  bw’umushinjacyaha wa Leta hamwe n’umuvugizi wa Polisi, Andrew Kaweesi.

Ariko amwe mu mashyirahamwe atabogamiye kuri Leta yamaganye iby’ubu burinzi bushya, aho avuga ko ari ugusesagura umutungo wa Leta.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *