Miliyoni 15,277,196 z’abiyandikishije nk’abazatora umukuru w’igihugu muri Uganda kuri uyu wa kane tariki 18 Gashyantare baramukiye ku biro by’itora bigera ku 28,010 hirya no hino mu gihugu, aho guhera ku isaha ya saa moya za mugitondo batangiye gutora bikarangira saa kumi z’umugoroba nk’uko tubikesha Daily Monitor.
Abakandida 8 nibo bahatanira kuyobora Uganda, aho kimwe cya kabiri cyabo baterwa inkunga n’amashyaka ya politiki.
Abo bakandida ni Dr. Kizza Besigye, Amama Mbabazi, Yoweri Museveni , Maureen Kyalya, umugore rukumbi wiyamamaje, Prof. Valensius Baryamureeba, Maj. Gen. (rtd) Benon Biraro, Joseph Mabirizi na Abed Bwanika.
Nubwo bivugwa ko imbuga nkoranyambaga nka facebook na twitter kuri telephone zahagaritswe, komisiyo y’amatora iravuga ko abatora bemerewe kuzana telephone, ariko bakazizimya igihe bagiye gutora, ibyo iyi komisiyo yita kurinda ibanga ryo gutora mu ibanga.
Biteganyijwe ko aya matora aribugenzurwa n’indorerezi mpuzamahanga zirimo iza Commonwealth, Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Uburasirazuba.
Tubibutse ko perezida Yoweri Museveni ari ku butegetsi muri Uganda kuva mu 1986 nyuma yo gutsinda urugamba rwo kurwanya ubutegetsi bw’igihugu bwariho, akaba ari nawe uhabwa amahirwe menshi yo kuba yakwegukana aya matora nk’uko nawe yabyivugiye.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com



