Uganda: Abanyankole bamaze guhitamo Bobi Wine nka perezida wabo mushya

Sangiza iyi nkuru

Depite Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine, akazaba ahagarariye ishyaka NUP mu matora y’umukuru w’igihugu ataha muri Uganda, kuri ubu muri Ankole bamaze kumuha izina rya ‘Musinguzi’ bivuga Utsinda (Victor).

Iri zina ry’akabyiniriro yarihawe ubwo ishyaka NUP ryatangazaga Manifesto yaryo ya 2021-2026 kuri Kakyeka Stadium, mu Mujyi wa Mbarara kuri uyu wa Gatandatu.

Visi Perezida wa NUP mu burengerazuba bwa Uganda, Jolly Mugisha, ari nawe wise ku mugaragaro Bobi Wine, Musinguzi, yamuhaye agatebe n’icumu nk’ikirango cy’ubuyobozi mu muco wa Ankole.

Bobi Wine n’umugore we, Barbra Itungo, uzwi cyane nka Babi, bagiye ku rubyiniro, Bobi ahabwa izina rya Musinguzi ku mugaragaro, izina nawe yakiranye ubwuzu nk’uko tubikesha Chimpreports.

Mugisha yagize ati: “Nyakubahwa, mwana wacu uvutse, iyo umwana avutse muri Ankole, umwana ahabwa agatebe cyangwa uburiri bwo kuryamaho. Nk’abantu bo mu burengerazuba, turakwakiriye uyu munsi nka perezida wacu utaha muri 2021.

Kubw’ibyo turasaba Muzehe wacu kugufasha kwicara kuri iyi ntebe. Turanaguha icumu. Muri Ankole, icumu ni ikimenyetso cy’ubuyobozi. Tuguhaye iri cumu kugirango utuyobore, uturinde ikibi cyose. Kubw’iyo kuva uyu munsi gukomeza dufashe Robert Kyagulanyi Ssentamu nk’umuyobozi wacu mushya wa Uganda kandi tuguhaye izina rya Musinguzi.”

N’ubwuzu bwinshi, Bobi Wine yakiriye iri zina rishya yahawe maze akoresheje ururimi rw’Ikinyankole agira ati: “Guhera uyu munsi, nitwa Musinguzi. Ndashaka kubizeza ko tuzatsinda.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *