Inzego z’umutekano za Uganda kuri uyu wa Gatanu ushize zataye muri yombi batatu mu bakozi bazo n’umusivili umwe bari bakurikiranweho ibikorwa by’ubujura bwitwaje intwaro muri Makindye.
Abatawe muri yombi bakuwe ahitwa Buziga igisirikare kivuga ko ari Lt Tobias Turyabaruhanga, wahoze muri UPDF akaba atuye Entebbe, Lance Corporal Muzoora Benjamin, wataye akazi muri UPDF, umupolisi ASP Bishaka Godson, OC wa Station ya polisi ya Kikumbi ndetse na Mutagi Gerald, umuturage utuye Entebbe.

Umuvugizi w’igisirikare wungirije, Lt Col Deo Akiika aravuga ko igikorwa cyo kubata muri yombi cyateguwe nyuma yo kuribwa urwara n’abaturage kuri ako gatsiko k’abajura bitwaza intwaro muri Buziga. Iki gikorwa umuvugizi aravuga ko cyakozwe n’Urwego rushinzwe umutekano imbere mu gihugu (ISO).
Mu kubata muri yombi abakekwa basanganwe ibintu birimo imbunda ya AK-47 ya polisi n’amasasu 29. Igisirikare kikaba kivuga ko ibikorwa nk’ibi birimo n’izindi nzego z’umutekano bikomeje muri Kampala, Mukono, Wakiso no mu bindi bice by’igihugu.

Umuvugizi w’igisirikare wungirije yakomeje atangariza Chimpreports ko nyuma y’iperereza abakekwa bazashyikirizwa urukiko, mbere yo gushimira abaturage ba Buziga kubera kuba maso kwabo no gutangira amakuru ku gihe yatumye igikorwa cyo gushakisha abo bakekwaho ubujura kigenda neza.


