Uganda: Ba mukerarugendo 2 bishwe n’abitwaje intwaro

Sangiza iyi nkuru

Ba mukerarugendo babiri b’abanyamahanga n’umunya-Uganda wari utwaye imodoka yari ibatwaye, biciwe mu gitero cyagabwe ku modoka barimo.

Aba bantu uko ari batatu biciwe muri Parike yitiriwe Umwamikazi Elizabeth II, Ku wa Kabiri tariki ya 17 Ukwakira 2023.

Umuvugizi wa Polisi ya Uganda, CP Fred Enanga, yatangaje ko umutwe umutwe w’iterabwoba wa ADF ari wo ukekwaho kugaba iki gitero.

CP Enanga yanditse kuri X ati: “Twamenye igitero cy’ubugwari cyagabwe ku bakerarugendo babiri b’abanyamahanga ndetse n’umunya-Uganda muri Pariki ya Queen Elizabeth II. Uko ari batatu bishwe ndetse imodoka barimo iratwikwa.”

“Inzego zacu z’umutekano zihuriweho zahise zisubiza byihuse zikimara kubona amakuru, kandi ziri guhiga bukware inyeshyamba za ADF zikekwa. Turihanganisha cyane imiryango y’abapfuye.”

Ba mukerarugendo biciwe muri iki gitero barimo umwe ukomoka mu Bwongereza ndetse n’undi w’umunya-Afurika y’Epfo.

ADF yashinjwe kugaba iki gitero nyuma y’ikindi gikomeye yagabye kuri rimwe mu mashuri yo mu karere ka Kasese mu mezi make ashyize, ikacyiciramo abanyeshuri 42.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *