Abadepite 2 bo mu Nteko ishinga amategeko ya Uganda bagiye koherezwa kwivuriza mu gihugu cy’u Buhinde nyuma yo gukomerekera bikomeye mu mirwano y’Abadepite iherutse kubera mu ngoro ya bo.
Kugeza ubu, Inteko ishinga amategeko ya Uganda yatangaje ko yamaze kunoza imyiteguro yose ngo aba badepite barimo Betty Nambooze Bakireke ndetse na Francis Zaake Butebi mu gihugu cy’u Buhinde kubona ubuvuzi bukomeye bitewe n’uburyo bakomerekeye mu mirwano.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Imirwano yo mu Nteko ishinga amategeko ya Uganda yabaye kuwa 28 mu kwezi gushize kwa Nzeri, bapfa kutavuga rumwe ku mushinga wo guhindura ingingo ya 102 mu Itegekonshinga rya bo, iyi ngingo ikaba ikuraho imyaka ntarengwa y’uwiyamamariza kuyobora igihugu mu gihe abo mu ishyaka riri ku butegetsi ari na ryo rifite ubwiganze bwinshi mu nteko bari bashyigikiye ko iyi ngingo ikurwamo mu gihe abatavuga rumwe na leta bo babirwanya.

Uku kutavuga rumwe kwakuruye umwuka mubi mu ngoro bituma abagera kuri 25 bahagarikwa by’agateganyo, bamwe muri bo bajyanwa kwa muganga, ibintu biradogera mu ngoro kuko nta ntebe cyangwa indangururamajwi yasigaye mu mwanya wa yo icyo gihe, imirwano ikaba yarahoshejwe n’inzego z’umutekano zaje gutabara.
Ingingo ya 102 mu itegekonshinga rya Uganda ivuga ko uwiyamamaza atagomba kuba ari munsi y’imyaka 35 kandi akaba atarengeje 75.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Iyi ngingo iramutse ikuwe mu Itegekonshinga, byaha amahirwe Perezida Museveni ubura imyaka 2 gusa ngo arangize manda ye ya nyuma kandi iyo myaka ikaba izamusiga yujuje 75 atagomba kuba arengeje ngo yongere kwiyamamaza.

Ni yo mpamvu abatavuga rumwe na leta bo bavuga ko ari amayeri yo kugira ngo akomeze ayoboye mu gihe iriya ngingo izaba yamaze gukurwaho burundu itakimubangtamiye.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com
Â


