Uganda: Bobi Wine yambuwe abarindaga iwe bose mbere y’umunsi umwe ngo habe amatora

Sangiza iyi nkuru

Umukandida Perezida mu matora y’Umukuru w’Igihugu muri Uganda, Robert Ssentamu Kyagulanyi wamamaye nka Bobi Wine, yavuze ko company yacungiraga umutekano urugo rwe yamwatse abarinzi, atunga agatoki Leta ya Uganda kuba inyuma y’uriya mugambi.

Bobi Wine udasiba gushyira ibirego bitandukanye ku butegetsi bwa Uganda, yavuze ko company yari imaze imyaka 12 icunga umutekano mu rugo iwe yategetswe kuhavana abahacungaga umutekano, bikarangira ibahavanye nta kuzuyaza.

Ati: “Kompanyi yigenga yari imaze imyaka 12 icunga umutekano iwanjye mu rugo, yategetswe kuvana abarinzi mu rugo rwanjye. Abayobozi babo bigaragaje mu gicuku batabibamenyesheje, bambura imbunda umurinzi wanjye bavuga ko bafite amabwiriza yo guhita bahagarika kuncungira umutekano.”

Bobi Wine yambuwe abacunga umutekano iwe mu rugo, mu gihe habura umunsi umwe wonyine ngo abanya-Uganda bitabire amatora akomatanyije y’Umukuru w’Igihugu n’ay’abagize Inteko Ishinga Amategeko.

Uyu mugabo uhagarariye Ishyaka NUP ari mu bahabwa amahirwe yo kwitwara neza muri ariya matora, kimwe na Perezida Yoweri Kaguta Museveni umaze imyaka 35 ayobora Uganda.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *