Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yashyizeho amabwiriza mashya yo kwirinda icyorezo cya COVID-19 muri kiriya gihugu, nyuma y’ubwiyongere bukomeye bw’abandura n’abahitanwa na kiriya cyorezo.
Ni nyuma y’uko mu gihe cy’ukwezi kumwe gushize Uganda yapfushije abantu 234, barimo 42 babonetse ku munsi w’ejo.
Ingamba nshya Museveni yashyizeho zirimo gahunda ya Guma mu Rugo Uganda yaherukagamo mu mezi atandatu ashize, igomba kumara iminsi 42.
Museveni mu ijoro ryakeye ubwo yagezaga ijambo ku banya-Uganda, yavuze kandi ko “Ingendo zambukiranya imipaka n’izihuza uturere z’abantu ku giti cyabo na rusange zirabujijwe mu gihe cy’iminsi 42 uhereye ku wa 18 Kamena.”
Yavuze ko “Urujya n’uruza rw’abantu rugomba guhagarikwa kubera ko arirwo shingiro ry’izamuka ry’abanduye.”
Museveni yavuze ko muri Uganda ubwandu bwatumbagiye ku kigero cya 17%, ku buryo hagati y’itariki ya 18 Gicurasi n’iya 18 Kamena muri iki gihugu hagaragaye ubwandu bushya 25,685.
Yavuze ko ejo ku wa Gatanu honyine muri Uganda habonetse abantu 1,564 banduye, barimo 42 bahitanwe n’icyorezo cya Virusi ya Corona.
Ku bw’ibyo, yavuze ko “Abakerarugendo baturutse mu bihugu byakingiye abaturage babyo ni bo bonyine bemerewe kuza. Iyo bigeze aho tubona abantu 17 muri buri bipimo 100, tuba turi mu bibazo.”
Museveni yavuze ko ikibuga cy’indege cya Entebbe kizakomeza kuba gufunguye, ati: “ariko nta virusi n’imwe tuzemerera kuza.”
Yavuze kandi ko imodoka z’abantu batanga serivisi nkenerwa nk’abasirikare, abapolisi, n’abakora mu nzego z’ubuzima ari zo zemerewe kugenda, ariko abazirimo bakagaragaza ibya ngombwa byemeza ko bakora muri izo nzego.
Perezida Yoweri Museveni yaburiye abanya-Uganda ko mu minsi iri imbere imibare y’abandura n’abahitanwa na COVID-19 iziyongera, abasaba kwitwararika.
Magingo aya muri Uganda harabarurwa ababarirwa mu 68,778 banduye kiriya cyorezo, mu gihe abamaze guhitanwa na cyo ari 584.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


