Uganda: Gen Lokech yategetse CID kugaragaza vuba abantu bamaze amezi 2 barashimuswe

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi Wungirije wa Polisi ya Uganda, Maj Gen Paul Lokech, yahaye amasaha 48 Urwego Rushinzwe Iperereza (CID) ngo rube rwamaze kugaragaza abantu bose baburiwe irengero nyuma yo gushimutwa n’inzego z’umutekano.

Ni ibikubiye mu rwandiko Gen Lokech yandikiye Brig Gen Chris Damulira ukuriye ubutasi ku byaha muri CID na AIGP Grace Akullo uyobora Ishami Rishinzwe Iperereza ku byaha.

Ni nyuma y’amajwi y’abanya-Uganda bakomeje gutabaza basaba inzego z’umutekano kugaragaza abantu zimaze igihe zarashimuse mu bice bitandukanye by’igihugu.

Amakuru avuga ko kuva ku wa 18 Ugushyingo ubwo muri Uganda hadukaga imyigaragambyo yakurikiye itabwa muri yombi ry’umunyapolitiki Bobi Wine, inzego z’umutekano zashimuse abatari bake zikabatwara ahantu hatazwi mu modoka zazo zizwi nka Drones.

Polisi ya Uganda nyuma y’iminsi ibiri habaye imvururu zo mu Ugushyingo, yavuze ko ifite urutonde rw’abantu babarirwa muri 300 yashinjaga guhembera imvururu.

Abashimutaga abantu akenshi babaga bambaye imyambaro y’igisirikare, iy’ishami rishinzwe kurwanya iterabwoba muri Polisi cyangwa bambaye sivile, bakabakura ku mihanda, amaduka, amasoko, aho bakorera cyangwa mu ngo zabo.

Gen Lokech yabwiye CID ko igihe kigeze ngo rubanda bamenye abashimuse abantu n’icyo babahoraga, asaba Gen Damulira na AIGP Akullo kugaragaza amazina y’abafashwe n’ibyaha bakoze kugira ngo bagezwe imbere y’ubutabera.

Ati: “Ku ifatwa ry’abantu, nasabye umuyobozi wa CID n’umuyobozi ushinzwe iperereza ku byaha kumpa urutonde rw’umuntu wese watawe muri yombi ndetse waba uri no muri kasho iyo ari yo yose y’inzego z’umutekano zacu.”

“Nategetse kandi ko abo bantu batawe muri yombi bumva ko ari ikibazo ku mutekano, bagomba gushyikirizwa inkiko kandi ibyo bigomba gukorwa bitarenze amasaha 48 nk’uko biteganijwe mu mabwiriza yacu.”

Gen Lokech yatanze ririya tegeko nyuma y’iminsi itanu Minisitiri Ushinzwe Umutekano w’Imbere muri Uganda, Gen Jeje Odongo, na we ategetse Akullo gukora iperereza ku ishimutwa bivuga ko ryakozwe n’abashinzwe umutekano.

Gushimuta abantu byumvikanye mu duce twa Lubaga, Kiseka ku isoko, Makerere, Bugolobi, Kawaala, Mukono, Entebbe, Buwama na Bulaga.

Amakuru avuga ko hagati y’Ugushyingo umwaka ushize na Mutarama uyu mwaka, abarenga 30 ari bo bashimuswe n’inzego z’umutekano za Uganda, abenshi muri bo bakaba bataragezwa imbere y’ubutabera yemwe aho baherereye hakaba hatazwi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *