Uganda: Hasakaye amakuru avuga ko Gen. Peter Elwelu “yasaze”

Sangiza iyi nkuru

Ikinyamakuru cyo muri Uganda cyitwa The Capital Times cyanditse inkuru kuri uyu wa 1 Werurwe 2020 kivuga ko Umugaba w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt. Gen. Peter Elwelu yafashwe n’indwara itamenyerewe maze imuviramo kurwara mu mutwe.

Iki kinyamakuru cyavuze ko Gen. Elwelu afite abaganga bo mu gisirikare cy’igihugu n’abahanga mu buvuzi bwo mu mutwe bari kumwitaho mu ibanga, ku biro bye bwite muri Bombo.

Amakuru iki kinyamakuru kivuga cyo cyizeye ngo ni uko: “Gen. Elwelu yabanje kugira imisonga mu mutwe, nyuma aza kumvikana asahuka ndetse aririmba, icyo gihe, umugore we yahamagaye abasirikare bakuru barimo Gen. Muhoozi na Gen. Wilson Mbadi, bahamagaza abaganga bo kumwitaho.”

Gusa aya makuru amaze kunyomoza n’Umuvugizi w’Ingabo za Uganda, Brig. Gen. Richard Karemire, abicishije ku rubuga rwa Twitter. Gen. Karemire ati: “Turagira ngo dukureho igihuha cyasakajwe na The Capital Times kivuga ku buzima bwa Lt. Gen. Peter Elwelu, UPDF CLF. Nta kuri kuri muri iyi nkuru. Ibyatangajwemo bigomba kwamaganwa, ntibitere ubwoba.”

N’ubwo Gen. Karemire yahakanye aya makuru, Gen. Elwelu ngo amaze igihe atagaragara mu ruhame. Ababivuga bakeka ko yaba yararozwe, cyane ko ubusanzwe afitanye amakimbirane n’abo mu bwami bwa Rwenzururu, aho yagabye igitero ku mwami wabo tariki ya 27 n’iya 28 Ugushyingo 2016, ingabo ze zihangana n’abarinze b’umwami bifashishije ibikoresho gakondo n’imbunda.

Uru rugamba ngo rwaguyemo abantu barenga ijana muri Kasese, akarere gafatwa nk’umurwa mukuru wa Rwenzururu. Abaturage benshi aho ngaho bivugwa ko bamwanga cyane bitewe n’iki gitero, ku buryo babonye uburyo bamugirira nabi nko kumuroga banabikora.

Kuri ubu butumwa Gen. Karemire yashyize kuri Twitter, abavuga ububi bwa Gen. Elwelu nta kindi bakomozaho kitari iki gitero, kandi we ubwe yigeze kuvuga ko aticuza ko yakigabye.

Aya makuru aramutse atari ukuri nk’uko Gen. Karemire yabitangaje, The Capital Times ikaba yabitangaje nta bimenyetso ifite, yaba iri ku ruhande rw’abashaka guharabika isura ya Gen. Elwelu, kimwe n’abatamwifuriza ineza ku mpamvu zirimo iyo muri Kasese.

Gen. Elwelu ni umwe mu basirikare bizewe muri Uganda. Yagiye ahabwa imyanya ikomeye ndetse akoherezwa mu nama zisaba gufata ibyemezo bikaze ahagarariye UPDF.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *