Uganda: Ibimodoka by’intambara byagaragaye byerekeza ahantu hataramenyekana

Sangiza iyi nkuru

Ibimodoka by’intambara iryaguye kuri uyu wa Kabiri byagaragaye ku muhanda wa Jinja-Kampala byerekeza ahantu hataramenyekana nk’uko bigaragara kuri twitter z’ibinyamakuru byo muri Uganda nka Daily Monitor.

Ibi biraba mu gihe kuri uyu wa Kane, itariki 14 Mutarama 2021 muri iki gihugu hiteguwe amatora y’umukuru w’igihugu agiye kuba mu mwuka utari mwiza bitewe n’ibikorwa bimaze iminsi biba byibasira abakandida batavuga rumwe n’ubutegetsi.

Hagati aho, Guverinoma ya Uganda ikaba yategetse kuri uyu wa Kabiri ibigo bitanga serivisi za internet guhagarika imbuga nkoranyambaga kugeza igihe zizakomorerwa n’urwego rw’igihugu gishinzwe itumanaho nk’uko bitangazwa na Reuters.

Abakoresha izi mbuga bakaba bavuga ko batari kubasha gufungura imbuga za Facebook na WhatsApp zikoreshwa cyane mu bikorwa byo kwiyamamaza mbere y’amatora ategerejwe.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Uganda: Ibimodoka by’intambara byagaragaye byerekeza ahantu hataramenyekana
    Bose IMANA ibahe iruhukoridanshira kobrekibose bahuyenihungana

  2. Uganda: Ibimodoka by’intambara byagaragaye byerekeza ahantu hataramenyekana
    Bose IMANA ibahe iruhukoridanshira kobrekibose bahuyenihungana

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *