Uganda: Ikiboko cyongeye kuvuga, amata aramenwa

Sangiza iyi nkuru

Umunsi wa mbere w’igihe cy’iminsi 42 Perezida Yoweri Kaguta Museveni yashyize abanya-Uganda muri Guma mu Rugo nk’uburyo bwo kubarinda icyorezo cya COVID-19, waranzwe n’ikiboko mu mijyi imwe n’imwe ya kiriya gihugu.

Ku mugoroba w’ejo ku wa Gatanu ni bwo Museveni yashyize Uganda muri Guma mu Rugo yaherukagamo mu mezi atandatu ashize, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19 gikomeje kugarika ingogo muri Uganda.

Imibare yo ku wa Gatanu tariki ya 18 yerekana ko Uganda yari imaze kugaragaramo ubwandu bukabakaba 68,000 na ho abarenga 540 bamaze kwitaba Imana.

Aba barimo abarenga 25,000 banduye mu kwezi kumwe gushize, n’abarenga 200 bapfuye mu gihe cy’iminsi 30.

Mu mujyi wa Kampala ndetse no mu yindi mike urujya n’uruza rwari rwagabanyutse cyane, inzego zishinzwe umutekano zihangana no gushyira mu bikorwa iyubahirizwa ry’amabwiriza ya Museveni.

Amashusho yafashwe na Daily Monitor yerekana abasirikare, abapolisi na Local Defense Unit birukankana n’ibiboko abaturage bake bari babyukiye i Kampala mu bikorwa bibaha amaramuko, babasaba gusubira mu ngo zabo.

Ifoto yafashwe na Radio Crooze FM ikorera mu mujyi wa Mbalala yo yerekana umupolisi wamenaga amata [wayabikiraga] y’umworozi wari uyagemuye mu karere ka Muzira Sheema.

Uretse kuba Uganda yugarijwe n’icyorezo cya COVID-19, igice cy’Uburengerazuba cyinugarijwe n’indwara y’uburenge bw’amatungo, ku buryo amatungo asanzwe ku muhanda mu karere ka Kazo abayobozi bategeka ko abagwa.

Ni ibitishimiwe na bamwe mu Banya-Uganda, bashinja Leta kudaha agaciro ab’imibereho iciriritse ku buryo hari impungenge z’uko iminsi 42 ya Guma mu Rugo abenshi ishobora kuzabagora.

Ikiboko cyaherukaga kurisha muri Uganda mu mwaka ushize, ubwo iki gihugu nanone cyari kiri muri Guma mu rugo kubera icyorezo cya COVID-19.

Icyo gihe inzego zishinzwe umutekano zagaragaye zihondagura abantu i Kampala barimo n’abazunguzayi, bituma abatari bake babyamagana ku buryo byanahagurukije Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen David Muhoozi, akabisabira imbabazi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *