Uganda: Intare esheshatu zo muri Pariki ya Elisabeth zapfiriye rimwe

Sangiza iyi nkuru

Intare zigera kuri esheshatu zasanzwe zapfuye mu Murenge wa Ishasha, wo muri Pariki y’Igihugu yitiriwe Umwamikazi Elisabeth, mu Karere ka Kanungu, mu gihugu cya Uganda, aho abayobozi b’urwego rushinzwe ubuzima bw’inyamanswa (UWA) rukeka ko izi nyamanswa zaba zarozwe.

Nk’uko UWA (Uganda Wildlife Authority) ibitangaza, ngo izi ntare zasanzwe ibice byazo hafi ya byose byatwawe. Usibye izi ntare kandi ngo hari n’ibinyoni bizwi nka ‘Vultures’ nabyo byasanzwe ahasanzwe izi ntare byapfuye, ari naho bahera bakeka ko izi nyamanswa zarozwe.

Bwana Bashir Hangi, ushinzwe itumanaho muri UWA, kuri uyu wa Gatandatu yatangaje ko itsinda ry’abashinzwe iperereza ryoherejwe aha hantu ngo bite kuri iki kibazo bafatanyije na Polisi yo mu Karere ka Kanungu.

Ati: “Kuba bimwe mu bice by’intare byabuze, ntidushobora kwanzura icuruzwa ry’inyamaswa mu buryo butemewe”.

Bwana Hangi yavuze ko izo mpfu zigira ingaruka mbi ku rwego rw’ubukerarugendo no kwinjiza amafaranga mu gihugu nk’uko iyi nkuru dukesha Daily Monitor ivuga.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *