Uganda: Museveni yemeye ko abantu batawe muri yombi ariko nta waburiwe irengero

Sangiza iyi nkuru

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, akaba n’Umugaba w’ikirenga w’ingabo z’igihugu, yiyemereye ko inzego z’umutekano zagiye zita muri yombi abantu hirya no hino mu gihugu mbere gato na nyuma y’amatora, ariko ahakana ko hari abantu baburiwe irengero.

Ibura ry’abantu by’umwihariko abashyigikiye abatavuga rumwe n’ubutegetsi mu minsi yegerezaga amatora yo muri Mutarama 2021 cyangwa nyuma yaho, rikaba ryarateje icyoba mu gihugu.

Ishimutwa ryinshi ryavuzwe ko rikorwa n’abo mu nzego z’umutekano bagendaga mu modoka zidafite ibirango zo mu bwoko bwa Toyota Hiace zaje kumenyekana nka “drones”.

Ubwo yagezaga ijambo ku gihugu kuri iki kibazo kuri uyu wa Gatandatu ari mu ngoro ye I Nakasero, Museveni yavuze ko Uganda iyobowe na NRM idashobora kugira ibibazo nk’ibi.”

Yavuze ko Igisirikare cya Uganda (UPDF) n’izindi nzego z’umutekano bigishijwe kutagira umuco, umuco wo guhonyora uburenganzira bwa muntu ngo ntihagire ibihano bibaho.

Museveni yijeje ko niba ikintu gisa nk’iki cyarabaye, “hari ikizakorwa. NRA/UPDF ni ingabo zifite disipuline nyinshi.”

Ku rundi ruhande ariko, Museveni yavuze ko ubwo amatora yari yegereje havutse undi muco wo gukora ibyaha, waranzwe n’imyigaragambyo.

Ati “ Abo bica amategeko bateguraga kuburizamo amatora,”

Kugirango ibi biburizwemo, Museveni yavuze ko muri Kampala, byabaye ngombwa ko Guverinoma ihohereza umutwe w’abakomando barwanye na ADF na Al Shabab muri Somalia.

Ati “ Abica amategeko n’abanyabyaha nibo baduhatiye kohereza abantu bamwe mu ngabo gufasha polisi.”

Nubwo nta raporo zashyizwe ahagaragara ku ibura n’ishimutwa ry’abantu nk’uko iyi nkuru dukesha Chimpreports ikomeza ivuga, Perezida Museveni yamenyesheje igihugu ko abashinzwe umutekano bataye muri yombi abantu bari mu byiciro bibiri.

Hari abantu 177 batawe muri yombi n’Urwego rw’ubutasi bwa gisirikare (CMI) baje kurekurwa by’agateganyo cyangwa bakarekurwa n’abandi 65 bagifunze. Yongeyeho ko inzego z’umutekano zikwiye kumenyesha aya makuru rubanda.

Museveni yakomeje avuga ko kuvuga ko abantu babuze rero bidakwiye kwitabwaho kuko bidashobora kuba ku butegetsi bwa NRM. Ati “ igihe habaye ikosa, rigomba gusubizwa. Ntabwo dupfukirana. Buri Mugande ku butegetsi bwa NRM agomba kubazwa.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *