Wycliff Tugume uzwi nka Ykee Benda yagizwe umuyobozi w’ikigo cy’amashuli cya Golden High School kibarizwa mu gace ka Nsagu muri Uganda.Ibinyamakuru bitandukanye byo muri iki gihugu, byanditse ko uyu muhanzi wamamaye mu ndirimbo Munakampala yahawe akazi ko kuyobora ishuli ryisumbuye bijyanye n’ubumenyi asanzwe azwiho.
Ykee Benda kandi yanditse kumbuga nkoranyambaga ze, yemeza iby’aya makuru akomeje kuvugwa.
Yagize ati:âNdagirango nishimire ko kuri Noheli nahawe imirimo mishya nkâumwe mu bayobozi bâikigo cyâishuri âGolden High School Nsanguâ.Ni ishuri risanzwe rizwi cyane mu bujyanye nâubugeni , ubuhanzi nâibindi.
Ykee Benda nk’umuntu usanzwe afite impamyabushobozi mu bijyanye n’ubumenyingiro by’umwihariko mu binyabutabire, yavuze ko ubumenyi yakuye muri Algeria azabukoresha azamura ireme ry’uburezi muri icyo kigo.


