Uganda: Umunyarwanda akurikiranweho gufata ku ngufu umwana we

Sangiza iyi nkuru

Polisi mu Karere ka Rukiga, mu gihugu cya Uganda, yataye muri yombi umunyagihugu w’u Rwanda, Fosta Twizerimana, akekwaho gusambanya umukobwa we w’imyaka 6 y’amavuko .

Twizerimana, bivugwa ko ari umushumba wo mu Kagari ka Kayebe, Paruwasi ya Kigara mu Murenge wa Kamwezi, arashinjwa kuba yarakoze iki cyaha ku wa Gatanu ushize agikorera mu isambu yari arimo aragiramo inka.

Yari yagiye mu murima ari kumwe n’umugore we, Veneranda Baresirente w’imyaka 40, n’abakobwa babo bombi, bafite imyaka 2 na 6 nk’uko iyi nkuru dukesha Daily Monitor ivuga.

Igihe yari mu isambu, Twizemana yahamagaye abana kure ya nyina, wari uri guhinga. Nyuma yohereje umwana w’imyaka 2 kure hanyuma ngo afata ku ngufu umwana w’imyaka 6.

Nyuma yo kubikora, yamwohereje kwa nyina. Agezeyo, nyina yabonye umwana yicaye wenyine maze yitegereje abona amaraso ku maguru. Abajijwe, umwana yavuze ko se yamuhohoteye, uyu mubyeyi ahita abimenyesha sitasiyo ya Polisi ya Kamwezi.

Twizemana yarafashwe yimurirwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Rukiga kugira ngo hakorwe iperereza.

Elly Maate, Umuvugizi wa Polisi mu Karere ka Kigezi, yamaganye icyo gikorwa yose ubunyamaswa kandi kitari umuco, abaza uburyo umubyeyi ashobora guhemukira ikizere cy’umwana muri ubwo buryo. Maate yavuze ko ukekwaho icyaha azakurikiranwa mu rukiko nibamara gukora iperereza.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *